HQuTB9pXkAEPpdk (1)

Indege yari ijyanye imfashanyo mu Minembwe yarashwe

Sangiza iyi nkuru

Indege ya gisivile yari iturutse i Bukavu ijyanye mu Minembwe imfashanyo zirimo ibyo kurya n’imiti, yarashwe n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi w’Ingabo z’umutwe wa Twirwaneho zigenzura Minembwe, Col. Rugabo Fidèle, yabwiye BWIZA ko iriya ndege yarasiwe mu kirere mbere yo guhanuka igashya igakongoka.

Rugabo kandi yavuze ko iriya ndege yari itwaye imizigo n’abaturage bake, n’ubwo kugeza ubu nta makuru arambuye y’abayiguyemo aramenyekana.

Ati: “Indege bayirashe ikiri mu kirere, yahise igwa hasi irashya irarangira. Ntabwo turahabwa amakuru arambuye ngo twohereze urutonde rw’abantu bari bayirimo, icyo tuzi ni uko harimo imizigo, ariko ahari ntiyaburamo n’abaturage bakeya bari baje muri Minembwe.”

Iriya ndege yarashwe na missile irasirwa ku butaka, ahitwa Bikuba.

Iriya ndege yarashwe mu gihe mu bice bikikije Minembwe byaramukiyemo imirwano kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Kanama 2026.

Rugabo yemereye BWIZA ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa zaturutse kwa Mulima, zaramutse zigaba ibitero mu duce turimo Point-Zéro, Nyaruhinga na Mukoko mu mugambi wo kugerageza kwisubiza ibice zambuwe n’ihuriro ry’Ingabo za AFC/M23 na Twirwaneho.

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru imirwano hagati y’impande zombi yari igikomeje, ariko Twirwaneho na AFC/M23 bavuga ko bizeye ko baza kwirukana ingabo za Leta.

Iri huriro ryamaganye ubushotoranyi bw’ingabo za Leta zikomeje kurasa mu bice byiganjemo ibituwe n’abaturage benshi, nyuma y’amasaha make intumwa z’urwego rwa MCVE+ rushinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge zivuye muri Minembwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply