Filipino-traveler-among-hundreds-missing-in-Nepal-flash-floods-scaled

Nepal: Abasaga 300 bamaze kubarwa mu bishwe n’umwuzure

Sangiza iyi nkuru

Abatabazi bakomeje gushakisha abarokotse nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabereye ku mupaka wa Nepal na Tibet, wasenye inzu nyinshi, ukangiza imihanda ndetse ugatembana ibiraro byinshi. Abantu barenga 900 baburiwe irengero, mu gihe abantu nibura 359 bamaze gupfa muri Nepal.

Abavandimwe babiri b”abakobwa baracyategereje amakuru y’ababyeyi babo, bavuye muri Leta ya Texas muri Amerika bakajya muri Tibet mu rugendo rwo gusenga no gusura ahantu hakorerwa ingendo nyobokamana.

Bavugana na BBC dukesha iyi nkuru bagize bati: “Turabakunda cyane kandi dushaka ko bagaruka mu rugo.”

Abantu nibura 558 biravugwa ko baburiwe irengero muri Tibet, naho abandi batatu bamaze kwemezwa ko bapfuye. Ntabwo haramenyekana niba iyi mibare ikomatanye n’abamaze kubarurwa no muri Nepal.

Ku mpande zombi z’umupaka, abanyamahanga babarirwa mu magana baburiwe irengero. Nepal ivuga ko muri bo harimo ba mukerarugendo 178 baturuka mu Buhinde, Abanya-Nepal 127, Abanyamerika 65 n’abandi 33 baturuka mu Bwongereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply