Amakuru aturuka mu nzego za gisirikare mu Burundi avuga ko hari ba Ofisiye babiri bo mu ngabo z’iki gihugu (FDNB) batawe muri yombi n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo, bashinjwa gukorana na AFC/M23 ndetse n’u Rwanda.
Amakuru avuga ko aba basirikare bombi bafatiwe mu mujyi wa Baraka wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere yo koherezwa i Kinshasa.
Abatawe muri yombi ni Major Nitunga Jérémie wo mu cyiciro cya 37 cy’Ishuri Rikuru rya Gisirikare (ISCAM) na Capitaine Kanjori Félicien wo mu cyiciro cya 41.
Amakuru avuga ko aba basirikare bafashwe ku wa 21 Kanama 2026.
Amakuru aturuka mu Burundi avuga ko Major Nitunga na Capitaine Kanjori bakekwaho gukorana na M23, ariko inzego za gisirikare mu Burundi zikaba zarasabye ko niba hari ibyaha bakoze, bakwiye kuburanishwa n’ubutabera bw’u Burundi.
Izi nzego ngo zanasabye ko abo basirikare basubizwa mu Burundi kugira ngo hakorwe iperereza, ndetse niba ibyaha bibahamye, bagahanwa hakurikijwe amategeko y’igihugu.
Ifatwa ry’aba basirikare ryaibaye mu gihe umubano hagati y’ingabo z’u Burundi n’iz’Igihugu cya Congo utifashe neza, cyane cyane mu bikorwa bya gisirikare bikomeje mu burasirazuba bwa Congo.
FARDC ikorana n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo mu mirwano ihanganyemo n’abarimo M23, mu gihe u Burundi bwo bwohereje ingabo muri Congo mu rwego rw’amasezerano y’ubufatanye mu mutekano.
Amakuru avuga ko hari bantu bamwe mu ruhande rwa Wazalendo bakomeje gukwirakwiza ibirego bishinja u Burundi kuba bwarohereje muri Congo abasirikare b’Abanyarwanda cyangwa abandi bantu bakorana na M23.
Bariya basirikare bafashwe nyuma y’iminsi mike habaye igitero cyari kigambiriye General Major Elie Ndizigiye, uzwi nka “Muzinga” ndetse na General Telesphore Barandereka n’umwe mu bajenerali ba FARDC.
Amakuru yatanzwe n’uruhande rw’u Burundi avuga ko hari abakekwa kuba barafashije M23 kubona amakuru ajyanye n’aho abo bayobozi bari bari, ariko ntiharamenyekana niba Major Nitunga na Capitaine Kanjori hari uruhare baba baragize muri icyo gitero.
Ni muri uwo murongo kandi amakuru amwe avuga ko kuba abo basirikare barafashwe byaba bifitanye isano n’amakenga yari amaze kuboneka hagati y’impande zombi.


