HQ-4RO7XEAAPjUq_copy_750x513

Twirwaneho yahinyuje abamaze iminsi babika Gen. Sematama

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa Twirwaneho wanyomoje abari bamaze iminsi bavuga ko Gen. Charles Sematama uyobora ingabo zawo yapfuye, werekana amashusho agaragaza ko akiriho.

Inkuru z’uko Sematama yapfuye zatangiye gukwirakwizwa ku wa 27 Kanama, nyuma y’indege ya gisivile yari ijyanye imfashanyo zirimo ibyo kurya n’imiti yarasiwe n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC hafi ya Minembwe.

Nyuma yo kurasa iyi ndege, ririya huriro ribinyujije mu barifasha gukora icengezamatwara ryagiye rivuga ko Sematama ari mu bantu baguye muri iriya ndege.

Twirwaneho biciye mu mashusho yashyizwe ku rubuga rwa X rwa Col. Rugabo Fidèle uvugira ibikorwa by’ingabo zayo, yerekanye ko Gen. Sematama akiriho.

Muri aya mashusho yafashwe ku wa 30 Kanama 2026, Rugabo agaragara yakira Sematama mbere yo kumuterera isaluti.

Uyu Ofisiye yumvikana agira ati: “Afande rero ku bantu batekereza ko atakiri hano, none ni itariki ya 30 Kanama 2026. Afande akaba yari ahugutse, nanjye nari nje kumusura, nsanze afite ‘ziara’ yo kugira ngo asure abarwayi bari hano mu bitaro, rero abatekerezaga ko Afande ashobora kuba atagihari ndizera ko bashobora kuba babonye igisubizo.”

Gen. Sematama nyuma yo kubwirwa na Rugabo ko hari abatamwifuriza ibyiza bamaze iminsi batekereza ko ashobora kuba yarapfuye, yasubije ati: “Turahari”, mbere yo kugenda.

Sematama ayobora ingabo za Twirwaneho kuva muri Gashyantare 2025, nyuma yo gusimbura kuri izo nshingano Gen. Michel Rukunda ‘Makanika’ wiciwe mu gitero cya drone cy’ingabo za Congo Kinshasa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply