1788165807

Sudani: Leta iremeza ko abarwanyi benshi ba RSF bakomeje kwiyunga ku ngabo z’igihugu

Sangiza iyi nkuru

Itangazamakuru rya leta muri Sudani ryatangaje kuri iki Cyumweru gishize ko abarwanyi bagera kuri 200 bitandukanyije n’umutwe urwanya ubutegetsi wa Rapid Support Forces (RSF) binjira mu Gisirikare cya Sudani, aho basanga abandi bivugwa ko bamaze iminsi bitandukanya n’uyu mutwe.

Iri tsinda, ryari rigizwe n’abayobozi bakomeye ku rugamba, ryakiriwe muri Omdurman, mu burengerazuba bw’umurwa mukuru, Khartoum, nk’uko bivugwa n’Ibiro Ntaramakuru bya Sudani biyobowe na leta.

Ni itsinda ryayoborwaga na Abu Bakr Hamouda Dahloop, komanda w’ishami rya RSF rishinzwe ubutasi mu bikorwa bidasanzwe bya gisirikare mu Ntara ya Kordofan y’Amajyaruguru, nk’uko iyo nzego zabitangaje.

Aba barwanyi batangaje ko biyunze ku Gisirikare cya Sudani n’ibikoresho byabo byose kandi ko biteguye kwitabira ibikorwa by’imirwano bafatanyije n’igisirikare n’abandi barwanyi bagishyigikiye.

Dahloop yavuze ko abarwanyi babonye “ikosa ryabo mu gukurikira umushinga urimo gushyirwa mu bikorwa n’umutwe witwara gisirikare wa RSF.”

Yavuze ko binjiye mu “ruhande rw’igihugu” kandi ko bazaharanira “ibyo abaturage ba Sudani basaba, ari byo kurandura umutwe w’inyeshyamba wa RSF.”

Iyi ntambwe ije ikurikira ibindi bikorwa byo kwitandukanya n’umutwe wa RSF byagiye bivugwa mu byumweru bishize.

Ku wa 19 Kanama, ubutegetsi bwa Sudani bwatangaje ko ba komanda bane, abarwanyi 318 n’imodoka 50 z’intambara, bavuye mu mutwe wa RSF bakiyunga ku ngabo za leta.

Nk’uko ubutegetsi bubivuga, iryo tsinda ryari riyobowe na Lieutenant-Colonel Musa Ali Ahmed, uzwi ku izina rya “Khamsin,” ryinjiye mu ngabo za leta.

Ku wa 13 Kanama, ubutegetsi bwari bwatangaje ko irindi tsinda rya RSF rigizwe na ba komanda 21 n’abarwanyi 270 na ryo ryavuye muri uwo mutwe ryinjira mu ngabo za leta.

Umutwe wa RSF kandi wabonye abayobozi bawo bakuru mu bya gisirikare n’ibya politiki bawuvamo, cyane cyane Fares Al-Nour, umujyanama wa politiki w’umuyobozi wa RSF; Major General Al-Nour Ahmed Adam, uzwi nka “Al-Nour Al-Qubba”; ndetse n’uwari umuyobozi w’ingabo ku Rugamba, Ali Rizqallah, uzwi ku izina rya “Savanna.”

Intara eshatu zigize Kordofan — iy’Amajyaruguru, iy’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, zakunze kurangwamo imirwano hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa RSF kuva mu kwezi k’Ukwakira 2025.

Sudani imaze igihe mu ntambara hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa RSF yatangiye kuva muri Mata 2023. Iyi ntambara imaze guhitana abantu ibihumbi byinshi no gutuma abagera kuri miliyoni 13 bava mu byabo, nk’uko bigaragazwa n’imibare y’Umuryango w’Abibumbye n’indi miryango mpuzamahanga.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply