Perezida wa Amerika, Donald Trump, yateye ubwoba Tehran nyuma y’ibitero bya Iran byo kwihimura ku “birindiro bya Amerika” muri Jordania, aho yavuze ati: “tugiye kubikubita bikomeye”.
Mu nama yahuje ibihugu byombi iruhande rw’inama ya SCO hagati ya Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, na Perezida wa Iran washimangiye ko “Iran itigeze ishaka intambara” ariko Amerika “itujuje ibyo yiyemeje”.
Iran ivuga ko yagabye ibitero ku birindiro bya Amerika muri Jordania n’ibitero ku bikorwa bya gisirikare bya Amerika ku birindiro by’Igisirikare cyo mu Kirere bya Al Minhad muri UAE, nyuma y’uko Ingabo za Amerika zirashe ibitwaro bibiri birasa misile ku kirwa cya Larak muri Iran.
Minisiteri y’Ingabo ya UAE irahakana ibivugwa na Iran ko “al-Minhad Air Base” yagabweho ibitero nk’uko inkuru dukesha Al Jazeera ikomeza ivuga.
Itangazamakuru rya leta ya Iran rivuga ko igitero cya Amerika ku kirwa cya Larak cyahitanye abantu babiri kandi gikomeretsa abarwanyi benshi ba Iran n’abasivili.


