0x0

Messi yasezeye kuri Argentine

Sangiza iyi nkuru

Lionel Messi, umwe mu bakinnyi bakomeye mu mateka ya ruhago, yatangaje ko yasezeye gukinira Ikipe y’Igihugu ya Argentine.

Messi w’imyaka 39 yari amaze imyaka isaga 20 ahagarariye Argentine, ayifasha gutwara Copa América ebyiri n’Igikombe cy’Isi cya 2022. Yafashe iki cyemezo nyuma y’uko Argentine itsinzwe na Espagne ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Nubwo asezeye ku ikipe y’igihugu, Messi azakomeza gukina ku rwego rw’amakipe asanzwe aho ari gukina muri Inter Miami ku amasezerano azageza muri 2028.

Forbes ivuga ko umutungo wa Messi ubarirwa kuri miliyari 1.1 z’amadolari, bikamugira umwe mu bakinnyi bakize cyane ku isi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply