Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, biravugwa ko yamaze gusaba Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, kutajya i Kigali, aho yagombaga kujya aherekeje ikipe ye ya Aigle Noir FC.
Amakuru aturuka ku bantu bazi ibiganiro byabaye hagati y’aba bayobozi avuga ko Ndikuriyo yari afite gahunda yo kujya i Kigali mu rugendo rw’iminsi ine, aho yari guherekeza Aigle Noir, mu mukino wa CAF Champions League izakinamo na Al-Hilal yo muri Sudani.
Ndikuriyo yari aherutse gutangaza ko ateganya kujya i Kigali muri uru rugendo, ashimangira ko ibibazo bya politiki hagati y’u Burundi n’u Rwanda bitagomba kuvangwa na siporo.
Amakuru ava mu Burundi avuga ko Ndayishimiye yabajije impamvu Ndikuriyo, nk’umuyobozi mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi, yari akeneye guherekeza ku giti cye ikipe y’umupira w’amaguru i Kigali, ndetse akamugira inama yo kudakora urwo rugendo.
Ndikuriyo, usanzwe ari umwe mu bantu bafite ijambo rikomeye muri CNDD-FDD, ni na we washinze Aigle Noir FC.
N’ubwo uyu mugabo wanabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi kuva mu 2015 kugeza mu 2020 mbere yo kuba Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD mu 2021 yari yavuze ko urugendo rwe rwari urw’umupira gusa, amakuru ava mu Burundi avuga ko mu Biro bya Perezida w’u Burundi rutashoboraga kurebwa muri ubwo buryo, bitewe n’uburemere bwa politiki bw’umuntu wari kurukora.
Ibi bibaye mu gihe umubano hagati ya Kigali na Gitega ukomeje kuba mubi.
U Burundi bwafunze umupaka wabwo wo ku butaka uruhuza n’u Rwanda muri Mutarama 2024, nyuma yo gushinja Kigali gushyigikira umutwe wa RED-Tabara. U Rwanda ruhakana ibyo birego.
Aya makuru mashya agaragaza uburyo amakimbirane hagati y’u Burundi n’u Rwanda amaze kugera no ku bikorwa bya siporo, ndetse n’uburyo ingendo zisanzwe z’abayobozi bakomeye b’u Burundi zishobora kurebwa mu ndorerwamo za politiki n’umutekano.


