images (1)

Burundi: Urusaku rw’amasasu rwakangaranyije abaturanye n’ingoro ya pererezida

Sangiza iyi nkuru

Kurasana kwabaye hagati y’abasirikare babiri bashinzwe umutekano w’ingoro ya perezida iherereye i Bubanza, mu ntara ya Bujumbura mu burengerazuba bw’u Burundi, mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, kwakomerekeyemo umuntu umwe. Urusaku rw’amasasu rwumvikanye ahagana saa sita z’ijoro rwatumye habaho ubwoba mu mujyi kandi impamvu y’icyo gikorwa ntirasobanuka neza.

Nk’uko amakuru aturuka ahantu hatandukanye kandi yagenzuwe na SOS Médias Burundi abivuga, ibi byabaye nyuma y’uko umuyobozi w’abarinda ingoro ahageze atinze. Bivugwa ko habayeho impaka zikomeye hagati ye n’undi musirikare ushinzwe umutekano w’iyo ngoro.

Nyuma y’izo mpaka, bivugwa ko uwo muyobozi yagiye kuzana imbunda maze akagaruka aho ibintu byabereye. Yahise arasa kuri mugenzi we ariko aramuhusha; undi na we yahise amusubiza isasu rimufata mu kibero.

Urusaku rw’amasasu yombi rwahise ruhungabanya ituze ryari mu Mujyi wa Bubanza muri iryo joro. Bamwe mu baturage bavuganye n’itangazamakuru babanje gutekereza ko amasasu yavugiye muri Gereza ya Bubanza, aho rimwe na rimwe amasasu yumvikana mu gihe cy’ibikorwa byo kugerageza gutoroka.

Nyuma y’ibyabaye, bivugwa ko abahisi n’abagenzi bafunzwe kandi bagahohoterwa n’abashinzwe umutekano. Impamvu z’iryo fungwa n’urugomo rwakurikiyeho byari bitarasobanuka neza kugeza mu gitondo cyo kuwa Gatatu.

Bivugwa ko uyu musirikare wakomeretse yavuriwe bwa mbere mu bitaro bya Bubanza, mu gihe hafashwe ingamba zo kongera umutekano ku ngoro y’umukuru w’igihugu. Icyakora, nta tangazo risobanura ibyabaye ryigeze rishyirwa ahagaragara.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply