Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko rigiye gufata “ingamba zose zikenewe” no gushyiraho agace k’umutekano hirya no hino mu bice bya Minembwe, nyuma y’uko indege ebyiri zari zitwaye imfashanyo zijya muri ako karere zirashwe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC.
AFC/M23 yabitangaje mu itangazo yasohoye ku wa 2 Nzeri 2026, nyuma y’iminsi mike indege yarimo imizigo ivuye i Bukavu ijya mu Minembwe irashwe ku wa 27 Kanama 2026.
Iri huriro rivuga ko iyo ndege yari itwaye imfashanyo n’ibikoresho by’ibanze bigenewe abaturage ba Minembwe, ndetse ikavuga ko yarashwe n’ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa.
Ku ruhande rwa Leta ya RDC, umuyobozi wa Teritwari ya Fizi, Samy Badibanga, yavuze ko indege yarashwe n’ingabo za FARDC ubwo yageragezaga kugwa hafi y’ikibuga cy’indege cya Minembwe.
Yashinje iyo ndege kuba yari itwaye abasirikare, ibikoresho bya gisirikare n’ibiribwa.
Amakuru avuga ko iyo ndege yarasiwe hafi ya Bikuba, ku butumburuke bw’agace ka Minembwe.
Iriya ndege yarashwe nyuma y’indi ndege yarasiwe mu gace ka Minembwe ku wa 30 Kamena 2025. Iyi na yo yari itwaye imfashanyo z’ubutabazi, zirimo imiti n’ibiribwa, mbere yo guhanurwa n’ingabo za RDC.
FARDC icyo gihe yavuze ko yari indege itanditse kandi itari yemerewe kwinjira mu kirere cya Congo, bityo ko yafashwe nk’ibangamiye umutekano w’igihugu.
AFC/M23 mu tangazo yasohoye, yavuze ko ibyabaye kuri ziriya ndege zombi byerekana ko ibikorwa by’ubutabazi bigana muri Minembwe bikomeje kwibasirwa.
Iri huriro rivuga ko rigomba gufata “ingamba zose zikenewe” kandi rigashyiraho “agace k’umutekano”, mu rwego rwo guhangana n’icyo ryise “iterabwoba rishobora gukomeza kwibasira abaturage n’ibikorwa by’ubutabazi.”
Iri tangazo rije kandi mu gihe Minembwe ikomeje kuba ahantu h’ingenzi mu mirwano yo muri Kivu y’Amajyepfo.
Kuri ubu imirwano ikomeje guhanganisha AFC/M23 ifatanyije na Twirwaneho ku ruhande rumwe, n’ingabo za FARDC n’imitwe izishyigikiye ku rundi, ikomeje kugaragara mu bice bitandukanye bikikije ako karere.
Mu minsi mike mbere y’iraswa ry’indege, AFC-M23 yari yaratangaje ko ingabo zishyigikiye Kinshasa zagabye ibitero byakoreshejwemo imbunda ziremereye na drone ku bice bya Point Zéro, Nyaruhinga na Mukoko hafi ya Minembwe, ndetse utu duce dukomeje kwibasirwa n’ibitero.


