HRSavCBacAAPD1G_copy_945x620

M23 na Twirwaneho bababaje abacanshuro bo kwa Erik Prince, bahungira i Uvira

Sangiza iyi nkuru

Imirwano ikomeye yabereye mu gace ka Mulima, muri Teritwari ya Fizi, ku Cyumweru tariki ya 6 Nzeri 2026, yasize abarwanyi bari ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bahuye n’igihombo gikomeye, mu gihe amakuru avuga ko bamwe mu bacanshuro bakorera muri icyo gihugu bahungiye Uvira.

Amakuru ava ku mirongo y’urugamba avuga ko imirwano yabereye kwa Mulima ku Cyumweru tariki ya 6 Nzeri, yasize abacanshuro barwana ku ruhande rwa Leta ya RDC bakubiswe na AFC/M23 na Twirwaneho biba ngombwa ko bahungira mu mujyi wa Uvira.

Aba bacanshuro, biganjemo abanya-Colombia, bitabajwe na Leta ya RDC mu rwego rwo gufasha FARDC mu bikorwa byo kugerageza kwisubiza ibice byo mu misozi ya Kivu y’Amajyepfo byafashwe na AFC/M23 na Twirwaneho, birimo n’agace ka Point-Zéro.

Amakuru avuga ko nyuma y’imirwano yo ku Cyumweru, aba bacanshuro bahungiye mu mujyi wa Uvira, nyuma y’uko bamwe muri bagenzi babo biciwe mu mirwano yabereye kwa Mulima, gusa umubare w’ababa barapfuye nturabasha kugenzurwa mu buryo bwigenga.

Kuba aba bacanshuro bari mu bikorwa bya gisirikare bya RDC muri Kivu y’Amajyepfo si amakuru mashya.

Raporo zatangajwe mbere zavuze ko abantu bakorera kompanyi ya Vectus Global ya Erik Prince bagize uruhare mu bikorwa byo gufasha ingabo za RDC, birimo gukoresha drones no gushyigikira ibikorwa bya gisirikare muri Uvira no mu bice bimwe bya Kivu y’Amajyepfo.

Ku ruhande rwa FARDC na FDNB, amakuru ava mu mirongo y’urugamba avuga ko na bo bagize abasirikare bagwa muri iyo mirwano, ndetse hakaba haratakaye ibikoresho bya gisirikare, ibintu bivugwa ko byatumye bamwe mu barwanyi basubira inyuma.

Amakuru akomeza avuga ko AFC/M23 na Twirwaneho ari bo bari bafite igitutu gikomeye muri ako gace, aho ngo basatiriye ibirindiro by’ingabo za Leta biri kwa Mulima.

Ibi bibaye mu gihe imirwano hagati y’impande zombi imaze igihe ikomeje mu misozi ya Kivu y’Amajyepfo.

Muri Nyakanga ni bwo AFC/M23 na Twirwaneho bigaruriye Point-Zéro, agace gafite akamaro gakomeye mu kugenzura inzira zihuza Minembwe, Mikenke, Mwenga na Fizi.

Hari n’andi makuru avuga ko izo ngabo zakomeje gusatira kwa Mulima, mu gace kari mu bilometero bike uvuye mu mijyi ya Baraka na Fizi, ibintu byongera impungenge ku mutekano w’utwo duce.

Muri urwo rugamba kandi, amakuru avuga ko AFC/M23 na Twirwaneho bafashe agace ka Kanguli nyuma yo kuhakura ingabo za Leta.

Aka gace na ko gafite agaciro mu bijyanye no kugenzura imihanda n’inzira zo mu misozi ya Fizi.

Ibyabereye kwa Mulima bikomeje kugaragaza ubukana bw’imirwano iri mu misozi ya Fizi, aho AFC/M23 na Twirwaneho bakomeje guhangana n’ihuriro ry’ingabo n’imitwe ishyigikiye Leta ya Kinshasa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply