HRof-W7aEAAe1Ip

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Oman mu mafoto

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ikirenga wa Oman, Sultan Haitham bin Tariq, na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuwa Mbere bagiranye ibiganiro mu ngoro ya Al Hosn iherereye Salalah, aho baganiriye ku ngingo z’ubufatanye n’ishoramari mu nzego z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ingufu, umutekano w’ibiribwa, ibyambu byo ku butaka, ibikoresho, n’urwego rw’ubuzima; mu rwego rwo kurushaho kubaka ishoramari hagati y’ibihugu byombi by’inshuti.

Nyuma yo kuganira, Umuyobozi w’Ikirenga wa Oman yakiriye ibirori byo gusangira ifunguro rya nimugoroba mu Ngoro ya Al-Husn Al-Amir; Perezida wa Repubulika y’u Rwanda n’itsinda ryamuherekeje, mu ruzinduko rwe rw’akazi mu Bwami bwa Oman.

Mbere y’ibyo birori, Umuyobozi w’Ikirenga wa Oman, Sultan Haitham bin Tariq, n’umushyitsi we bahanye impano z’urwibutso, nk’ikimenyetso cy’ubucuti bukomeye n’umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi.

Soma inkuru bifitanye isano hano hasi

https://bwiza.com/?p=273972

 

Photos: Royal Oman Family

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply