fighters-of-m23

M23 yakajije ibitero, yegera Walikale

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa AFC/M23 wakajije ibitero ku mpande zitandukanye za Teritwari za Masisi na Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru, mu mirwano ihanganishije uyu mutwe na FARDC hamwe n’abarwanyi ba Wazalendo.

Muri Masisi, AFC/M23 yafashe Ngululu ku wa Gatandatu, ikurikirizaho kwigarurira agace k’ubucuruzi ka Humura ku Cyumweru.

Ibi byatumye igenda yegera Walikale, binyuze ku murongo w’urugamba uhuza Nyamaboko ya Mbere na Waloa Yungu na Waloa Uroba.

Uyu mutwe kandi ugenzura uduce twa Miko, Kaleta na Remeka hafi ya Biriko, mu Majyepfo y’Uburasirazuba bwa Walikale.

Mu Burasirazuba bwa Walikale, amakuru yo mu baturage avuga ko AFC/M23 yakomeje kohereza abarwanyi n’amasasu muri Kashebere na Kibati, mu gihe bivugwa ko ishaka kugaba igitero ku birindiro bya FARDC na Wazalendo biri ku murongo wa Mungazi-Kibua.

Mu Majyaruguru ya Walikale na ho, AFC/M23 yongereye ingabo muri Ihula, nyuma yo gufata imisozi ya Kasumba, Kazumba na Tchad.

Bivugwa ko intego ari ugukomeza kwerekeza i Pinga, agace gafatwa nk’ingenzi muri iyi Teritwari.

Uku gukaza ibitero ku mpande nyinshi gukomeje gutera impungenge z’uko imirwano ishobora kurushaho kwegera hagati muri Walikale, mu gihe abaturage bo mu bice bitandukanye bakomeje kwimuka bahunga imirwano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply