Perezida Paul Kagame ari muri Oman mu ruzinduko rw’akazi, aho yakiriwe na Sultan Haitham bin Tarik i Salalah.
Uru ruzinduko rubaye mu gihe u Rwanda na Oman bikomeje gushimangira umubano wa dipolomasi n’ubukungu.
Ariko Oman ni gihugu ki, kandi ni izihe mpamvu gitandukanye n’ibindi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati?
Oman iherereye he?
Oman ni igihugu giherereye mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’Igice cy’Abarabu, kigahana imbibi na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Arabie Saoudite na Yemen.
Gifite ubuso bwa kilometero kare 309,500, kikaba ari kimwe mu bihugu binini ku gice cy’Abarabu.
Umurwa mukuru ni Muscat, ukaba uherereye ku nkombe z’inyanja.
Oman kandi ifite inkombe ndende zireba ku Nyanja y’Ubuhinde n’Inyanja ya Oman, bigatuma iba ku nzira z’ingenzi z’ubucuruzi mpuzamahanga.
Ni igihugu gifite abaturage bangahe?
Amakuru ya Guverinoma ya Oman agaragaza ko abaturage b’iki gihugu babarirwa muri miliyoni 5.4 muri Gicurasi 2026. Abanyamahanga bagize hafi 43% by’abaturage, mu gihe abarenga kimwe cya kabiri cy’abaturage bari munsi y’imyaka 30.
Ururimi rwemewe ni Icyarabu, ariko Icyongereza gikoreshwa cyane, cyane cyane mu bucuruzi no mu nzego z’imirimo.
Ni nde uyobora Oman?
Oman ni ubwami bugendera ku murage. Umukuru w’igihugu ni Sultan Haitham bin Tarik, watangiye kuyobora igihugu ku wa 11 Mutarama 2020, asimbuye Sultan Qaboos bin Said wari umaze imyaka 50 ayobora Oman.
Sultan Haitham akomeje gahunda zo guhindura no guteza imbere ubukungu bwa Oman, cyane cyane binyuze muri gahunda izwi nka Oman Vision 2040.
Kuki peteroli ari ingenzi kuri Oman?
Kimwe n’ibindi bihugu byinshi byo mu Kigobe, Oman ifite ubukungu bwubakiye ku mutungo kamere, cyane cyane peteroli na gaze.
Icyakora, igihugu kiri kugerageza kugabanya ukwishingikiriza kuri ibyo bicuruzwa.
Gahunda ya Oman Vision 2040 ishyira imbere guteza imbere ubukerarugendo, uburobyi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, inganda, ibikoresho, ikoranabuhanga n’ingufu zisubira.
Oman ifite akahe kamaro mu bucuruzi mpuzamahanga?
Aha ni ho Oman ifite umwihariko ukomeye. Iki gihugu giherereye hafi y’Inzira ya Hormuz, imwe mu nzira z’ingenzi ku isi zinyuzwamo ibicuruzwa n’ingufu.
Oman kandi iri ku nzira zihuza Uburasirazuba bwo Hagati, Afurika, Ubuhinde na Aziya y’Amajyepfo.
Umujyi wa Salalah, Perezida Kagame aherereyemo, ni ahantu hakomeye ku bwikorezi bwo mu nyanja.
Guverinoma ya Oman ivuga ko icyambu cya Salalah kiri mu by’ingenzi mu kohereza no kwakira imizigo muri aka karere, ndetse kikaba gikomeje gutezwa imbere nk’ihuriro ry’inganda n’ubucuruzi.
Oman izwiho iki mu mateka?
Oman ifite amateka maremare y’ubucuruzi bwo mu nyanja.
Mu bihe bya kera yari ihuriro ry’ubucuruzi bw’imibavu, ibyuma n’ibindi bicuruzwa hagati ya Afurika, Aziya n’Uburasirazuba bwo Hagati.
Mu kinyejana cya 16, Abanya-Portugal bafashe Muscat, ariko baza kwirukanwa mu 1650. Nyuma Oman yaguye ububasha bwayo mu bice bya Afurika y’Iburasirazuba, ku buryo Zanzibar yigeze kuba umurwa mukuru w’ubwami bwa Oman.
Oman ni igihugu cy’Abayisilamu ki?
Abaturage benshi ba Oman ni Abayisilamu, ariko igihugu gifite umwihariko mu buryo idini ryubatsemo sosiyete yacyo.
Abenshi mu Banya-Oman ni abayoboke b’ishami rya Islamu rizwi nka Ibadi, mu gihe hari n’Abasuni n’Abashiya.
Ni iki gituma Oman iba ingenzi ku Rwanda?
Akamaro ka Oman ku Rwanda ntikagarukira ku kuba ari igihugu gikize cyo mu Kigobe.
Umwanya Oman ifite hagati ya Afurika, Aziya n’Uburasirazuba bwo Hagati ushobora gutuma iba umufatanyabikorwa w’ingenzi mu bucuruzi, ubwikorezi, logistics, ishoramari, ubukerarugendo n’ikoranabuhanga.
Ni muri urwo rwego uruzinduko rwa Perezida Kagame rushobora kurebwa nk’igikorwa kijyanye no gushaka kongera amasoko n’abafatanyabikorwa b’u Rwanda mu Burasirazuba bwo Hagati, mu gihe Oman na yo iri gushaka kwagura ubukungu bwayo ikabuvana ku kwishingikiriza cyane kuri peteroli na gaze.
Muri make, Oman ni igihugu gito ugereranyije n’ibihugu bikomeye byo mu karere iherereyemo, ariko gifite umwanya wihariye ku ikarita y’ubucuruzi n’ingufu ku isi kubera aho giherereye, ibyambu byacyo n’ubucuruzi bwacyo bwo mu nyanja.


