Angela-Kabagenzis-body-discovered-by-police-sniffer-dog

Umukecuru Kabagenzi w’imyaka 95 yishwe n’abahungu be bamuca umutwe

Sangiza iyi nkuru

Abahungu babiri bafungiwe kuri sitasiyo ya polisi yo mu Karere ka Kagadi, mu burengerazuba bwa Uganda, bakekwaho guca umutwe nyina w’imyaka 95, Angela Kabagenzi, nyuma y’amakimbirane yari ashingiye ku butaka bw’umuryango.

Abo bakekwa, ari bo Bijja Peter na Isingoma, bose batuye mu mudugudu wa Matuntu A, mu Murenge wa Bwikara mu Karere ka Kagadi, bashinjwa kwica Kabagenzi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu no kujugunya umurambo we mu murima w’ibisheke wari hafi aho.

Polisi yatangaje ko iperereza ryakoreshejwemo n’imbwa y’inzobere mu gukurikirana impumuro yitwa Marshal; yajyanywe aho icyaha cyakorewe maze ihita ikurikirana impumuro y’uwakoze icyaha. Nk’uko polisi ibivuga, iyo mbwa yakurikiye impumpuro igera ku rugo rwa Bijja mbere yo gukomereza ku rugo rwa Isingoma.

Mu gihe cyo kubazwa, polisi yatangaje ko Isingoma yayoboye abashinzwe iperereza ahantu hakuwe umutwe wa Kabagenzi nk’uko inkuru dukesha The Observer ikomeza ivuga.

Christopher Buruge, uyobora umudugudu wa Matuntu, yatangaje ko abaturage bagize ubwoba bukomeye ku Cyumweru mu gitondo ubwo basangaga umurambo wa Kabagenzi waciwe umutwe mu murima w’ibisheke.

Buruge yavuze ko vuba aha Kabagenzi yari aherutse kugabanya igice cy’ubutaka bw’umuryango abana be, ariko bamwe muri bo bakabyinubira bavuga ko iyo migabanyirize itanoze kandi harimo ubusumbane. Yavuze ko ayo makimbirane ashingiye ku butaka ashobora kuba ari yo yateye igitero cyagabwe kuri nyina.

Nyuma yo kubona uwo murambo, Buruge yavuze ko yamenyesheje polisi ya Kagadi, nayo igahita itabara igatangira iperereza ryaje gutuma hafatwa abakekwa.

Hagati aho, polisi irakomeje gukora iperereza ryimbitse ku bijyanye n’urupfu rwa Kabagenzi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply