695710422_1372904981549128_7069396966214757331_n

Uganda: Umugore w’imyaka 24 yifungiranye mu nzu n’uruhinja rw’amezi 11 arayitwika

Sangiza iyi nkuru

Umugore w’imyaka 24 afungiwe kuri polisi nyuma yo kwikingirana ari kumwe n’umwana we w’umukobwa w’amezi 11 maze agatwika inzu, ibintu byateye ubwoba n’akababaro abaturage bo mu Mudugudu wa Lufunve, muri Paruwasi ya Kyetume, mu Murenge wa Nakisunga, uherereye mu Karere ka Mukono, rwagati muri Uganda.

Uyu muriro wadutse ku mugoroba wo ku wa Mbere ahagana saa moya n’iminota 40 z’umugoroba (7:40pm). Nk’uko Polisi y’Umujyi wa Kampala n’inkengero zawo (Kampala Metropolitan Police) ibivuga, uyu mugore ukekwaho icyaha, Namugambe Merika, yikingiranye mu nzu we n’umwana we w’umukobwa mbere yo gutwika iyo nzu.

Polisi yatangaje ibi mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kabiri igira iti: “Polisi yo mu Karere ka Mukono irimo gukora iperereza ku cyaha cyo kwica umuntu hifashishijwe umuriro, nyuma y’uko hadutse inkongi y’umuriro mu Mudugudu wa Lufunve, muri Paruwasi ya Kyetume, Umurenge wa Nakisunga, mu Karere ka Mukono.”

Namugambe yashoboye gutoroka inzu yari irimo gushya ariko arakomereka muri icyo gikorwa.

Umukobwa we ntabwo yagize amahirwe menshi, kuko uru ruhinja rwapfiriye mu muriro mbere y’uko ubufasha buhagera.

Nyuma umurambo waje kujyanwa mu Bitaro bya Mulago kugira ngo ukorerwe ibizamini nk’uko inkuru dukesha Chimpreports ivuga.

Abashinzwe iperereza ku bwicanyi bo mu karere basuye aho hantu kugira ngo bashake ibimenyetso mbere y’uko Namugambe akurikiranwa akanatabwa muri yombi kugira ngo afashe polisi mu iperereza.

Polisi ivuga ko ibyabaye bishobora kuba bifitanye isano n’umubano utari mwiza hagati y’ukekwaho icyaha n’umukunzi we.

Itangazo ryagize riti: “Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko ibyabaye byakurikiye amakimbirane yo mu rugo hagati y’ukekwaho icyaha n’umukunzi we, bivugwa ko bari baratandukanye.”

Biteganyijwe ko ukekwa azashyikirizwa urukiko igihe abashinzwe iperereza kuri iki kibazo bazaba barangije akazi kabo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply