Indege yari itwaye Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatindijwe na drone y’u Burusiya ubwo yiteguraga kujya mu muhango wo gushyingura mu mujyi wa Oslo, nk’uko abategetsi ba Moldova na Norvege babivuga.
Perezida Zelensky n’umugore we, Olena, bari mu ndege i Chisinau, umurwa mukuru wa Moldova, mbere y’umuhango wo gushyingura Umwami Harald wa V wa Norvege wabaye ku wa Gatatu ubwo indege itagira umuderevu yambukaga umupaka wa Moldova.
Iyi ndege yatumye ikirere gifungwa ako kanya, maze indege ya Zelensky iguma ku kibuga cy’indege mu gihe cy’isaha imwe mbere y’uko ihaguruka.
Yemerewe guhaguruka nyuma y’uko byemejwe ko iyo drone yaje kugwa mu birometero 160 (100 miles).
Indege ya Zelensky yagombaga guhaguruka ahagana saa 16:30 (14:30 GMT) ivuye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Chisinau.
Ariko Umuvugizi wa Guverinoma ya Moldova, Dumitru Ciorici, yabwiye BBC ko Moldova yafunze ikirere cyayo nyuma yo kubona ko indege y’u Burusiya yinjiye iturutse muri Ukraine.
Yakomeje avuga ko indege eshatu ziteguraga guhaguruka n’izindi enye ziteguraga kugwa zatindijwe kubera iyo mpamvu.”
Nyuma ya saa 17:20 (15:20 GMT), abayobozi bemeje ko iyo drone yateje igikuba yaguye iraturika … igeze nko mu birometero 160 uvuye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Chisinau.


