HR2--ixWAA0N8up

Ambasaderi mushya wa EU yatanze impapuro zimwemerera gukorera mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu mugoroba wo kuwa Kane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe yakiriye inyandiko zemerera Ambasaderi mushya w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Jérémie Blin, gukorera mu Rwanda.

Minisitiri Nduhungirehe yashimiye Ambasaderi Blin ku bw’inshingano yahawe, anamuha icyizere cy’uko u Rwanda ruzamushyigikira mu gihe azaba akora izo nshingano.

Ambasaderi Blin, afite uburambe bwinshi mu mibanire na Afurika, ubufatanye mpuzamahanga, dipolomasi y’ubukungu n’imibanire y’akarere. Mbere yo kugirwa Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda, yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Inama Nkuru ya Afurika n’u Bufaransa muri Minisiteri y’u Bufaransa ishinzwe u Burayi n’Ububanyi n’Amahanga.

Ambasaderi Blin amaze igihe kinini afitanye umubano wa kinyamwuga n’Akarere k’Ibiyaga Bigari. Kuva mu 2019 kugeza 2021, yabaye Umuyobozi Mukuru muri Ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda. Nyuma yabaye Ambasaderi Udasanzwe n’Uhagarariye u Bufaransa mu Burundi.

Mu gihe cyose yamaze akora umwuga w’ubudipolomate, Ambasaderi Blin yakoze imirimo ikomeye muri Afurika yo Hagati n’iy’Iburasirazuba, imirimo ijyanye n’ubufatanye mu iterambere, ingamba n’umutekano, dipolomasi y’ubukungu n’imibanire y’ibihugu. Yarangije amasomo ye mu ishami ry’ubutegetsi bw’igihugu mu Bufaransa (ENA).

Nka Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda, Ambasaderi Blin ahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu bufatanye bwawo n’u Rwanda, aharanira gushimangira ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo iterambere rirambye, ishoramari, ubucuruzi, uburezi, ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, imiyoborere, amahoro n’umutekano, ndetse n’umutekano mu karere.

Ambasaderi Blin asimbuye kuri uyu mwanya, Bélén Calvo Uyarra, wari Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda kuva muri Nzeri 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply