Minisiteri y’Uburezi kuri uyu wa Gatanu yatangaje ko mu bizamini bisoza Amashuri Yisumbuye mu mwaka wa 2025/2026, abahungu batsinze ku kigero cya 95,9% ugereranyije n’abakobwa batsinze kuri 93%.
Ubwo yashyiraga ahagaragara amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye umwaka w’amashuri wa 2025/2026, kuri uyu wa Gatanu, itariki 11 Nzeri 2026, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko mu bakandida barenga ibihumbi 100, bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2025/2026 batsinze ku kigero cya 94%.
Nk’uko bigaragazwa n’amanota y’ibi bizamini yatangajwe, abakobwa batsinze ku kigero cya 93%, mu gihe abahungu ari 95.9%.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), Dr. Bernard Bahati, yerekanye ko mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, abakobwa ari bo bari biyandikishije ari benshi bangana na 55.5%.
Mu bakandida bo mu Burezi Rusange abitabiriye ni 56.330; abatsinze ni 53.050 bangana na 94%.
Mu masomo ya Tekiniki, Imyuga n’ubumenyingiro, abakandida bakoze bari ibihumbi 42.793; abagera ku 40.459 baratsinze, bingana na 94,55%.
Mu masomo mbonezamwuga 9283 ni bo bakoze ibizamini, hatsinda 8752 bihwanye na 94,28%.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), Dr. Bernard Bahati, yerekanye ko muri rusange ugereranyije n’umwaka ushize, abanyeshuri bakoze neza.


