Mali: Perezida Keita uheruka guhirikwa ku butegetsi arembeye mu bitaro

Sangiza iyi nkuru

Ibrahim Boubacar Keïta uheruka guhirikwa ku butegetsi muri Mali, ari mu bitaro mu byo murwa mukuru Bamako, nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press.

Associated Press yasubiyemo amagambo y’abantu babiri batatangajwe umwirondoro bari ku ivuriro bivugwa ko uyu wahoze ari Perezida wa Mali ari ryo ari kuvurirwamo.

Perezida IBK w’imyaka 75 y’amavuko, yafunzwe iminsi 10 n’agatsiko k’abasirikare kamuhiritse.

Mu ijoro ryo ku munsi yafashwemo mu kwezi gushize kwa Kanama, yatangarije kuri televiziyo y’igihugu ko yeguye ngo kuko atifuje ko muri Malawi hameneka amaraso kubera we.

Nyuma yaje kurekurwa ku gitutu cy’amahanga, agumishwa iwe mu rugo.

Ihirikwa rya Perezida IBK ryamaganwe n’Imiryango Mpuzamahanga itandukanye irimo uwa CEDEAO, Afurika yunze ubumwe n’uwa La Francophonie.

Mu gihe cy’ibiganiro by’ubuhuza hagati y’intumwa z’umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Afurika (CEDEAO/ECOWAS) n’agatsiko k’abasirikare, amagambo ye yasubiwemo mu itangazamakuru avuga ko adashishikajwe no kuba perezida.

Mbere yuko ahirikwa, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bamaze amezi mu myigaragambyo ikomeye bamusaba kwegura, bamushinja kuba intandaro yo kuzamba k’ubukungu, ruswa no kunanirwa guhashya intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *