17893883481741751716541408IMG_7401

Ishimwe Vestine yasabye gatanya 

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kumuha gatanya ya burundu n’umugabo we Ouedraogo Idrissa, nyuma y’umwaka urenga bakoze ubukwe.

Vestine na Idrissa basezeranye kubana nk’umugabo n’umugore ku wa 5 Nyakanga 2025, mu bukwe bwabereye muri Intare Conference Arena.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Nzeri 2026, habaye inama ntangiza rubanza kuri ubu busabe. Vestine na Idrissa bombi ntibitabiriye ku giti cyabo, ahubwo bahagarariwe n’abanyamategeko babo.

Amakuru avuga ko Vestine yasabye gutandukana n’umugabo we nyuma y’ibibazo bitandukanye bivugwa ko byagiye bigaragara mu mubano wabo. Ku rundi ruhande, Idrissa ngo ntiyifuza ko urugo rwabo rusenywa na gatanya.

Mbere yaho, Vestine yari yarigeze gutanga ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwatumye benshi bakeka ko ubuzima bwe bwo mu rugo butifashe neza.

Ku wa 18 Ugushyingo 2025, yavuze ko yari mu bihe bikomeye kandi ko hari amahitamo yari yarakoze yaje kwicuza. Nyuma yaho, yasibye ubwo butumwa ndetse n’amwe mu mafoto yari asanganywe n’umugabo we kuri Instagram.

Icyo gihe ntiyigeze atangaza ko hari ikibazo gikomeye kiri mu rugo rwe, ariko ubu dosiye yagejejwe mu rukiko yemeza ko umubano we na Idrissa uri mu nzira zo kurangira.

Vestine azwi cyane mu muziki wa Gospel, aho akorana na murumuna we Dorcas. Bombi bamaze imyaka bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ndetse kuri ubu batuye muri Canada.

Urubanza rurebana n’ubusabe bwa Vestine bwo guhabwa gatanya ruracyakomeje, kuko nta mwanzuro wa nyuma urafatwa n’urukiko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply