7b4a9e0250706abf1898b0ec4130b67d

Indege za NATO zarashe drone yari yinjiye mu kirere cya Lithuania

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Lithuania yavuze ko abapilote b’indege z’indwanyi za OTAN barashe indege itagira umuderevu yinjiye mu kirere cya Lithuania mu ijoro ryakeye.

Abayobozi bavuze ko indege itagira umuderevu ishobora kuba yinjiye mu majyepfo ya Lithuania, hafi y’umujyi wa kabiri mu bunini wa Kaunas, iturutse mu gihugu cya Belarus nyuma gato ya saa sita z’ijoro zo kuri uyu wa Kabiri.

Perezida wa Lithuania, Gitanas NausÄ—da, yanditse mu itangazo yashyize kuri X ati: “Drone yinjiye mu kirere cya Lithuania yasenywe n’indege z’intambara za OTAN.”

Inkomoko y’indege itagira umuderevu ntiramenyekana, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe gucunga ibiza muri Lithuania.

Impanda ziteguza ibitero by’indege zitagira abaderevu zumvikanye mu murwa mukuru, Vilnius, no mu karere kahakikije mu masaha ya mbere yo kuwa Kabiri nk’uko tubikesha BBC.

Ingabo za Lithuania n’abapilote b’Abataliyani bari mu butumwa bw’ingabo za OTAN “bagaragaje igisubizo cyihuse kandi gikwiye” ku gucengera kw’indege itagira umuderevu, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ingabo ya Lithuania.

Ubutumwa bwa NausÄ—da ku mbuga nkoranyambaga bwongeyeho buti: “Mu gihe u Burusiya burimo gukaza ubukana bwabwo kuri Ukraine, kwitegura nk’uku ni ingenzi ku karere kacu. Hamwe n’inshuti zacu za OTAN, Lithuania izarinda ikirere cyayo.”

Moscou ntacyo yatangaje kuri iki kibazo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply