Kenya yanditse amateka mashya mu mikino ngororamubiri, nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo kwakira Shampiyona y’Isi y’Imikino Ngororamubiri ya 2029, itsinze u Bwongereza bwari buhanganye na yo.
Umujyi wa Nairobi ni wo uzakira iri rushanwa, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Inama y’Ubutegetsi y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Imikino Ngororamubiri (World Athletics), mu nama yayo ya 242 yabereye i Budapest muri Hungary.
Iri rushanwa rizaba ari irya mbere rikomeye ku rwego rw’Isi rya World Athletics rizabera ku mugabane wa Afurika.
Kenya yari yarigeze gusaba kwakira Shampiyona y’Isi ya 2025, ariko amahirwe ahabwa Tokyo mu Buyapani. Nairobi ariko imaze kugira ubunararibonye mu kwakira amarushanwa mpuzamahanga y’imikino ngororamubiri.
Muri ayo marushanwa harimo Shampiyona y’Isi y’Abatarengeje imyaka 18 yabaye mu 2017, ndetse na Shampiyona y’Isi y’Abatarengeje imyaka 20 yabaye mu 2021.
Perezida wa World Athletics, Sebastian Coe, yashimye cyane ubusabe bwa Nairobi, avuga ko Kenya ari kimwe mu bihugu bifite amateka akomeye mu mikino ngororamubiri.
Coe yavuze ko Nairobi yatanze ubusabe bwari bufite imbaraga kandi ko kugeza Shampiyona y’Isi muri Afurika ku nshuro ya mbere bizaba ari amateka akomeye.
Yongeyeho ko umukino ngororamubiri “winjiye cyane mu buzima n’umuco wa Kenya”, ashimangira amateka iki gihugu gifite muri uyu mukino.


