getty_6a18828a86-1779991178

Pentagon yashyize yemera ko hariibura ry’amasasu nyuma y’amezi 7 y’intambara na Iran

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’amezi arindwi y’intambara na Iran, Pentagon yemeye kuri uyu wa Mbere ushize, ku nshuro ya mbere, ko “hari ibura ry’amasasu.” Muri raporo yashyizwe ahagaragara, Minisiteri y’Ingabo ya Amerika ivuga ko miliyari 22.3 z’amadolari zakoreshejwe gusa ku masasu yakoreshejwe, muri miliyari 33.4 z’amadolari yose amaze gukoreshwa muri rusange.

Burya n’igihugu cya mbere ku Isi mu gisirikare gifite aho kigarukira:

Minisiteri y’Ingabo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Pentagon) yemeye muri raporo yasohotse ku wa Mbere ko hari “ibura” ry’amasasu rifitanye isano n’intambara yo muri Iran, ukuri Guverinoma ya Trump yari yanze kwemeza mu mezi ashize.

Raporo y’Umugenzuzi Mukuru wa Pentagon ivuga ko hagati y’itariki ya 28 Gashyantare na 30 Kamena, “Operation Epic Fury” muri Iran yatwaye hafi miliyari 33.4 z’amadolari, aho miliyari 22.3 z’amadolari zakoreshejwe ku masasu gusa.

Inyandiko igaragaza ko amasasu yakoreshejwe mu gikorwa cya gisirikare cyiswe “Operation Epic Fury” yateye ikibura ryayo mu bubiko bw’ingenzi, ndetse bigashyira ahagaragara imbogamizi mu nganda zishinzwe kongera kuyatanga.

Nyamara, raporo igaragaza ingamba zafashwe n’ishami kugira ngo ryihutishe ikorwa ry’amasasu mashya.

Ubwo itangazamakuru ryagaragazaga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo kugabanya ikoreshwa rya misile, cyane cyane ikoreshwa rya “interceptors”, guverinoma yahakanye ibyo birego, Perezida Donald Trump ubwe yemeza ko igihugu gifite “amasasu menshi cyane.”

Irangira ry’ibitero binini

Mu ntangiriro za Nzeri, Perezida Donald Trump yari acyandika ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifite “amasasu menshi cyane atagira uko angana.”

Ariko, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru, iri bura ry’amasasu ryatumye perezida yirinda kugaba ibitero binini kuri Tehran mu mpeshyi.

Nubwo hakoreshejwe cyane ibisasu bisama ibindi (interceptors), “ibitero bya Iran byangije kandi byasenye inyubako n’ibikoresho amagana ku birindiro bya Amerika muri Kuwait, Bahrain, Qatar, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Arabia Saoudite, Irak, Oman, na Jordan,” nk’uko raporo ya Pentagon ibivuga.

Iyi nyandiko, ikubiyemo igihe cyo kuva muri Mata kugeza Kamena 2026, igaragaza ibyangiritse ku ndege: indege enye za F-15 zangijwe, imwe ya F-35 yangijwe, indege zirindwi za KC-135 zangijwe cyangwa zasenywe, hamwe n’indege zitagira abaderava “zigera kuri 30” za MQ-9 Reaper zangijwe, n’izindi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply