Gukunda umuntu cyane ntibihagije ngo uhite ufata umwanzuro wo kubakana na we. Mbere yo gushinga urugo, hari ibintu by’ingenzi umuntu akwiye gusuzuma kugira ngo amenye niba uwo mubano ufite umusingi ukomeye.
Pastor Touré Roberts agaragaza ibintu bitanu byafasha umuntu kwisuzuma mbere yo gufata uwo mwanzuro.
1. Shaka ubuyobozi bw’Imana
Ku muntu wemera Imana, ni ngombwa kuyisaba ubuyobozi mbere yo gufata umwanzuro ukomeye nk’uwo gushaka. Ibaze niba uwo mubano ugufasha kwegera Imana no kuba umuntu mwiza, cyangwa niba uyoborwa n’amarangamutima gusa.
2. Reba niba umubano ugufasha gutera imbere
Umuntu mukundana akwiye kugufasha gukura no kugera ku ntego zawe, aho kugusubiza inyuma. Niba umubano utuma utakaza icyerekezo, inshingano cyangwa amahirwe, ni ngombwa kongera kuwusuzuma.
3. Menya impamvu nyayo ituma ushaka uwo muntu
Hari abashaka uwo kubana na we kubera urukundo, abandi bagaterwa n’ubwoba bwo kuba bonyine. Mbere yo gushaka, ibaze niba koko umukunda cyangwa niba irungu n’ubwoba bwo kuba wenyine ari byo bikuyobora.
4. Menya niba mufite icyerekezo kimwe
Mbere yo gushyingiranwa, mugomba kuganira ku bintu by’ingenzi nk’ukwizera, indangagaciro, amafaranga, abana, akazi, imiryango n’intego z’igihe kirekire. Ntabwo ari ngombwa ko mwemeranya kuri byose, ariko mugomba kugira ibyo muhuriyeho kandi mukamenya kuganira ku byo mutemeranyaho.
5. Ntukihutire gushaka niba utaritegura
Kuba ukunda umuntu ntibisobanuye ko uhita uba witeguye gushinga urugo. Urugo rusaba kwitegura kwakira inshingano, kubahana, kubabarirana, gukemura ibibazo no gufata imyanzuro mufatanyije.
Muri make, urukundo rwonyine ntirwubaka urugo. Mbere yo kuvuga ko umuntu ari we muzabana, reba niba mwubahana, mufite icyerekezo gihuye, mushobora gukemura ibibazo hamwe kandi uwo mubano ukagufasha kuba umuntu mwiza kurushaho.


