w1024-p16x9-2025-02-10T172133Z_653468607_RC2SRCAYU87O_RTRMADP_3_CONGO-SECURITY

RDC: Ihuriro ry’ingabo zirimo FDLR na FDNB ryakajije umurego mu bitero i Masisi na Kalehe

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zagabiye ibitero icyarimwe mu duce dutandukanye dutuwe cyane tugera ku munani twa teritwari za Masisi na Kalehe.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rimenyesha abanyagihugu ndetse n’amahanga muri rusange ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwohereje ingabo nyinshi zigizwe n’abarwanyi ba FDLR ku mirongo itandukanye y’urugamba, bafatanyije n’Ingabo z’u Burundi ndetse n’imitwe ya Wazalendo, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibikorwa bitandukanye bya gisirikare.

Nk’uko bigaragara muri iri tangazo, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 16 Nzeri 2026, guhera saa tatu za mu gitondo (9:00 a.m.), izi ngabo zatangije ibitero bikomeye mu duce dutandukanye dutuwe cyane, cyane cyane i Kivoka, Kadasomwa, na Gashihe muri Teritwari ya Kalehe, ndetse no muri Kadahandwa, Nkokwe, Muko, Remeka, no Kumadepo muri Teritwari ya Masisi.

Kugeza ubwo iri tangazo ryandikwaga mu masaha ashize kuri uyu wa Kane, biravugwa ko ibitero byari bikomeje mu bice bitandukanye, kandi bikaba bikomeje gutuma abaturage basanzwe bahunga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply