Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze kuri uyu wa Gatatu ushize ko yizeye ko intambara yo kurwanya Iran iri hafi kurangira, kandi amakuru y’itangazamakuru ritandukanye avuga ko yitezweho kuzahura n’abayobozi bo mu Kigobe iruhande rw’Inama Rusange ya Loni ku wa Kabiri kugira ngo baganire kuri iyo ntambara.
Ibi Perezida Trump yabitangaje mu gihe intambara na Iran yinjiye mu kwezi kwa karindwi kandi nta herezo ryayo rigaragara.
Ikinyamakuru Axios cyatangaje mu masaha akuze kuri uyu wa Gatatu ushize, ko Trump azahura n’abayobozi bo mu Kigobe cya Perse mu cyumweru gitaha i New York, aho ibiganiro byabo byitezweho kuzibanda ku migambi ya Amerika nyuma y’intambara.
Biravugwa kandi ko Trump azahura n’abayobozi cyangwa abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu bihugu bigize Akanama k’Ubutwererane mu Kigobe: Arabia Saoudite, UAE, Qatar, Bahrain, Koweti na Oman.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga na White House ntibigeze basubiza ibyifuzo byo gutanga ibisobanuro nk’uko inkuru dukesha Reuters ivuga.
“”Reka twizere ko tugiye kurangiza iyi ntambara,” ni ko Trump yabwiye abanyamakuru ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu.
“Barashaka ko tugirana amasezerano. Tuzareba uko bizagenda,” ibi yabitangaje avuga kuri Iran, yongera gusubiramo amagambo yakoresheje mbere. Trump ariko yavuze ko yabyiyumviye kuri Iran mu buryo “butaziguye,” nta gusobanura byinshi.


