Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Fabrice Shema, n’Ubushinjacyaha bageze ku bwumvikane ku bijyanye n’ibyaha bumurega, bituma iburanisha ry’ubujurire bwe ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo risubikwa.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Nzeri ni bwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagombaga kuburanisha ubujurire bwa Shema, ku cyemezo cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.
Icyakora, iburanisha ryasubitswe nyuma y’uko abunganira Shema basabye ko urukiko ruhagarika iburanisha kugira ngo impande zombi zibanze zisoze ibiganiro ku bwumvikane ziri kugirana.
Me Christophe Niyomugabo umwunganira mu mategeko yabwiye urukiko ko uruhande rw’ubwunganizi n’Ubushinjacyaha bari gukorana ku masezerano y’ubwumvikane, bityo ko hakenewe igihe cyo kuyasoza.
Ubushinjacyaha na bwo bwemeje ko hari ubwumvikane hagati yabwo n’abunganira Shema, ariko busobanura ko hari inzira zimwe na zimwe zitararangira.
Ibyumvikanyweho hagati y’impande zombi ntibyatangarijwe urukiko ku mugaragaro.
Urukiko rwimuriye iburanisha ku wa 23 Nzeri 2026, ari na bwo hazaba hategerejwe kumenya intambwe izakurikiraho kuri ubwo bwumvikane n’ubujurire bwa Shema.
Shema akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’amafaranga n’amasezerano y’ubucuruzi hagati ya Africa Medical Supplier, sosiyete yari ahagarariye, na ABZL International General Trading LLC yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Ubushinjacyaha buvuga ko ayo masosiyete yagiranye amasezerano y’agaciro k’agera muri miliyoni €1.9 muri Mutarama 2024, ariko nyuma havuka impaka ku iyishyurwa ry’amafaranga ndetse hatangwa na sheki ebyiri zirimo iyari itazigamiye.
Shema ahakana ibyo aregwa, akavuga ko Africa Medical Supplier yari isanzwe ifitanye umubano w’ubucuruzi na ABZL kandi ko yari yarayishyuye amafaranga arimo $400,000 muri Gicurasi 2024 n’andi $400,000 yari agenewe kwishyurwa mu Kuboza 2024 ariko akagira ikibazo cyo kugera kuri konti ya ABZL.


