Rutahizamu wa APR FC, Djibril Ouattara, yatangaje ko ari mu biganiro n’iyi kipe ku bijyanye n’amasezerano mashya, mu gihe ayo afite ubu ari hafi kurangira.
Uyu mukinnyi ukomoka muri Burkina Faso yabivuze nyuma yo gufasha APR FC gutsinda Marine FC ibitego 4-2 mu mukino wa BK Pro League wabaye ku wa Gatatu tariki ya 16 Nzeri 2026. Ouattara yatsinzemo ibitego bibiri.
Ouattara yavuze ko nubwo hari andi makipe amwifuza, kugeza ubu akiri umukinnyi wa APR FC kandi ibiganiro ku hazaza he bikomeje.
Ati: “Ahazaza hari mu biganza by’Imana. Hasigaye amezi make ku masezerano yanjye. Kuri ubu ndi umukinnyi wa APR FC, ibizakurikiraho tuzabireba. Hari APR ndetse n’andi makipe duhora tuganira, ariko Imana ni yo izagena aho bizagenda neza.”
Ouattara yageze muri APR FC muri Mutarama 2025, asinya amasezerano y’imyaka ibiri. Kuva icyo gihe, yabaye umwe mu bakinnyi b’ingenzi iyi kipe yishingikirizaho mu gushaka ibitego.
Mu mwaka ushize w’imikino, yegukanye igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri BK Pro League 2025/26, ndetse anatsinda ibitego byinshi muri CECAFA Kagame Cup 2026.
Yagize uruhare kandi mu gufasha APR FC kwegukana ibikombe bitandukanye, birimo shampiyona y’u Rwanda ya 2024/25 na 2025/26, Igikombe cy’Amahoro cya 2025/26 ndetse na FERWAFA Super Cup 2025.
Mu mikino ya CAF Champions League iheruka, Ouattara yongeye kugaragaza ubuhanga bwe ubwo yatsindaga ibitego bibiri byafashije APR FC gusezerera Les Aigles du Congo ku giteranyo cy’ibitego 3-1.
APR FC izakomeza urugendo muri CAF Champions League, aho izahura na Zamalek SC yo mu Misiri mu cyiciro gikurikiraho.


