Liverpool yibitseho umukinnyi wa Bayern Munich wifujwe cyane na Man United

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Liverpool yateye intambwe yo gusinyisha Thiago Alcantala, nyuma yo kumvikana na Bayern Munich yakiniraga ikiguzi cya miliyoni 25 z’amapawundi.

Byitezwe ko Alcantala asinyira Liverpool amasezerano y’imyaka ine.

Uyu munya-Espagne ukina hagati mu kibuga, ni umwe mu bo Bayern Munich yari yubakiyeho cyane kuva yayigeramo mu myaka irindwi ishize avuye muri FC Barcelona yamureze.

Thiago w’imyaka 29 y’amavuko, yaherukaga gufasha Bayern Munich gutwara UEFA Champions league ya gatandatu mu mateka yayo nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma PSG igitego 1-0.

Uyu musore kandi yafashije Bayern Munich gutwara ibikombe birindwi bya shampiyona y’Abadage yikurikiranya, ndetse n’ibikombe bine bya DFB Pokal.

Byitezwe ko muri Liverpool azajya yambara numero 6 yakunze kuva mu bwana bwe, mu busanzwe yambarwaga na Dejan Lovren wamaze gutandukana n’iriya kipe.

Hari amakuru avuga ko Manchester United yifuje Thiago Alcantala kuva kera (igitozwa na David Moyes) ariko ntimubone.

Iyi Manchester United yanifuzaga umunya-Espagne wundi Sergio Reguilon uri mu nzira zerekeza muri Tottenham nyuma yo kumvikana na Real Madrid yahoze akinira.

Thiago Alcantala agiye kuba umukinnyi wa kabiri Liverpool isinyishije muri iyi mpeshyi, nyuma y’Umugereki, Kostas Tsimikas ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso.

Mu cyumweru gishize Jürgen Klopp utoza Liverpool, yabajijwe aho ikipe ye yari igeze mu rugendo rwo kumusinyisha, asubiza ko adashobora gushyira akadomo ku bihuha mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ritarafunga imiryango.

Klopp yumvikanishaga ko isaha n’isaha Liverpool yasinyisha uriya mukinnyi.

Yunzemo ati: “Ni byiza kuba bivugwa ko tumwifuza nukuri kandi ni byiza. Impamvu ni uko ari umukinnyi mwiza kandi Liverpool ni ikipe nkuru. Urumva rero ko ari byiza.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *