20200917070159_28504507_8483091096574140975_480_337_80_webp.jpg

Iherezo ry’umwana w’imyaka icyenda washyingiranwe n’umukecuru w’imyaka 62 ni irihe?

Sangiza iyi nkuru

Mu mwaka 2014 isi yose yahururiye kureba ubukwe bw’agatangaza bwa Hellen Shabangu w’imyaka 62 na Sanele Masilela w’imyaka 9 bashyingiwe nk’umugore n’umugabo mu gihugu cya Afurika Yepfo.

Abantu benshi bakomeje kwibaza icyaba kihishe inyuma y’ubu bukwe bw’aba bageni bahabanye cyane mu myaka.

Ku wa Kane nibwo ikinyamakuru Phoenix cyabasuye bagitangariza uko ubuzima bwabo buhagaze nyuma y’ubukwe bwo mu mwaka 2014.

Sanele Masilela wakoze ubukwe ku myaka icyenda, kuri ubu akaba afite 15. Yakomeje ubuzima bwe bw’ishuri nk’abandi bana bose, Mugihe Hellen Shabangu wakoze ubukwe afite imyaka 62 y’amavuko kuri ubu arimo kuzuza 68 we yakomeje ubuzima bwe busanzwe.

Shabangu yavuze ko ubwo yamaraga gushyingiranwa na Sanele abantu benshi bibajije uko azabana n’umugabo ungana n’abuzukuru be, gusa ngo yashimangiye ko gushyingirwa na Senele byari uburyo bwo kumurinda imyuka y’abakurambere yamuhozaga ku nkeke ubutitsa. Yavuze ko ubukwe bukirangira Senele yasubiye mu ishuri nkuko byari bisanzwe, kandi yashimangiye ko atigeze aryamana n’uyu mwana nkuko abantu bamwe bagiye babimushinja.

Hellen Shabangu ubusanzwe ngo ni incuti y’umuryango uvukamo senele, ari nabyo byatumye bamwifashisha mu guturisha imyuka y’abakurambere yahoraga itera umwana wabo.

Senele kuri ubu yemeza ko ameze neza gusa, avuga ko byamugoye kongera kwisanga mu rungano rwe rwamushinjaga kuba yarashatse umukecuru, ndetse ngo kugeza na n’ubu abana bamwe na bamwe bakaba batamwiyumvamo nk’incuti yabo.
20200917070159_28504507_8483091096574140975_480_337_80_webp.jpg
20200917070159_-472487726_8483091096574140975_480_361_80_webp.jpg
20200917070159_-1968514800_8483091096574140975_480_344_80_webp.jpg
20200917070159_-1157694812_8483091096574140975_480_351_80_webp.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *