Ingabo za Ethiopia zatangiye gusuka ibibombe ku murwa mukuru wa Tigray

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ingabo ziharanira kubohora abaturage bo mu Ntara ya Tigray (TPLF) aratangaza ko kuri uyu wa Gatandatu ingabo za Ethiopia zatangije igitero kigamije kwigarurira umurwa mukuru w’iyi ntara, Mekelle.

Debretsion Gebremichael, uyobora Tigray People’s Liberation Front (TPLF) mu butumwa yoherereje Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, yavuze ko barimo gusukwaho imvura y’ibibombe.

Billene Seyoum, umuvugizi w’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed, we aravuga ko Ingabo za Ethiopia zitari burase ibibombe ahantu hatuwe n’abaturage kandi ko umutekano w’abaturage ba Ethiopia n’aba Tigray bakomeza kuwushyira imbere.

Debretsion kandi arashinja ingabo za Eritrea gutera inkambi z’impunzi muri Tigray zigiye gushaka impunzi zahunze Eritrea.

Reuters ivuga ko itabashije guhita ivugisha Guverinoma ya Eritrea.

Hagati aho, ibitangazwa n’impande zihanganye ntabwo byoroshye kubigenzura muri aka kanya kuko telephone na internet muri iyi Ntara ya Tigray bidakora neza kuva imirwano yavuka mu byumweru bitatu bishize hagati y’Igisirikare cya Ethiopia n’Ingabo za TPLF.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *