Impunzi z’Abarundi zahungiye muri Tanzania zigiye gukusanyirizwa mu nkambi imwe

Sangiza iyi nkuru

Inkambi zose z’impunzi z’Abarundi ziri muri Tanzania zigiye guhurizwa mu nkambi imwe guhera mu kwezi gutaha k’Ukuboza nk’uko biherutse gutangazwa n’intumwa idasanzwe ya minisiteri y’umutekano ya Tanzania mu ruzinduko yagiriye mu Nkambi ya Mtendeli kuwa Gatatu, itariki 25 Ugushyingo.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa RPA rwo mu Burundi iravuga ko Inkambi ya Nduta ari yo igiye gukusanyirizwamo impunzi zose z’Abarundi zahungiye muri Tanzania. Ibi byatangajwe na Komisieri ushinzwe ibibazo by’impunzi muri minisiteri y’umutekano ubwo yasuraga Inkambi ya Mtendeli, aho yaboneyeho no guha gasopo uzashaka kunyuranya n’iki cyemezo.

Umwe mu mpunzi zo muri iyi nkambi iti: “Yatugiriye inama yo gutaha kuko inkambi ya Mtendeli izafungwa vuba. Yongeyeho ko abifuza kuhaguma bazimurirwa mu nkambi ya Nduta, guhera ku itariki 12 Ukuboza. Yateye ubwoba kandi umuntu wese watinyuka guhangana n’iki cyemezo avuga ko azoherezwa mu Burundi”.

Irindi tangazo ryatanzwe n’intumwa ya guverinoma ya Tanzaniya ryerekeranye no gufunga amashuri yose mu nkambi z’impunzi.

Indi mpunzi yagize iti: “Yahamagariye abanyeshuri bose kwitegura gukomereza amasomo yabo mu Burundi, guhera mu mwaka utaha. Ubu butegetsi bwasobanuye neza ko ikizamini cya Necta (Inama y’igihugu ishinzwe ibizamini muri Tanzania) cy’uyu mwaka aricyo cya nyuma kuko amashuri yose azafungwa”.

Impunzi z’Abarundi zahungiye muri Tanzania zikaba zifite impungenge ko ubu bwaba ari uburyo bushya bwaje bwo kuzihatira gutaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *