Minisititi wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, yatangaje ko hari amakipe yo mu cyiciro cya mbere hano mu Rwanda ari gukorwaho iperereza n’ubugenzacyaha, nyuma yo gukina imikino y’umunsi wa mbere abakinnyi n’abakozi bayo akerekana ibya ngombwa bihimbano byerekana ko byakozwe.
Ni nyuma y’uko mu minsi ishize, mu makipe amwe akina mu cyiciro cya mbere hagaragaye abakinnyi n’abakozi bayo basanzwemo icyorezo cya COVID-19, bituma ayo makipe ashyirwa mu kato bikarangira shampiyona yose isubikwa.
Minisititi Munyangaju mu kiganiro ‘Urubuga rw’Imikino’ cya Radio Rwanda, yavuze ko hari amakipe yakinnye umunsi wa mbere wa shampiyona atarapimishije abakozi bayo, hanyuma yerekana impapuro z’incurano zerekana ko abakinnyi bayo ari bazima.
Ati: “Amwe mu makipe yakinnye imikino y’umunsi wa mbere kandi yari atarapimisha abakinnyi bayo n’abakozi, harimo Bugesera FC, Rayon Sports FC na As Muhanga”, ariko ntiyasobanuye niba aya makipe ari yo ari gukorwaho iperereza na RIB.
Minisitiri wa Siporo yakomeje avuga ko ibi bigaragaza ko Ferwafa yagize uburangare mu gukurikirana uburyo amakipe yagombaga gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, kandi ari yo yari ifite izo nshingano.
Yatanze urugero rw’uko mu mukino wa Rayon Sports na Rutsiro hari abakinnyi bakinnye batarabona ibisubizo bya COVID-19, bigiye hanze byerekana ko hari abakinnyi bawukinaga nyamara baranduye.
Ati: “Abakinnyi babiri bari mu kibuga abandi bari kuri bench. Twasabye ko bavanwa mu kibuga cyangwa umukino ugahagarikwa, ariko nta kigeze gikorwa.”
Yunzemo ati: “FERWAFA ntabwo yitwaye neza muri iki kibazo kandi nabo barabyemeye banabisabira imbabazi. Niyo mpamvu bagomba gupimisha abakinnyi n’abakozi b’amakipe.”
Abajijwe amakipe yamaze kugaragaramo ubwandu bwa COVID-19, Minisitiri wa Siporo yavuze amakipe ya Rayon Sports, Rutsiro FC, As Kigali FC, Marines FC, Amagaju FC; n’ayandi.
Mu makipe yakinnye atarapimishije abakozi bayo yavuzemo Bugesera FC yakinnye na Etincelles FC, Rayon Sports FC yakinnye na Rutsiro FC na As Muhanga na Etincelles FC.


