Umukongomani Jean Florent Ibenge Ikwange wahoze atoza ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ‘Les Léopards’ yongeye kuyigarukamo nyuma y’umwaka umwe yeguye ku nshingano zo kuyitoza.
Ibenge watwaranye na Congo Kinshasa irushanwa rya CHAN yari yabereye mu Rwanda muri 2016, yahawe inshingano zo gutoza iriya kipe mu mikino ya CHAN iteganyijwe kubera muri Caméroun hagati y’itariki ya 16 Mutarama n’iya 7 Gashyantare 2021.
Yari yarasezeye ku mirimo yo gutoza ikipe nkuru ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo gusezererwa rugikubita mu gikombe cya Afurika cy’ibihugu cyari cyabereye mu Misiri.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari mu tsinda rimwe na Zimbabwe, Uganda na Sénegal; isezererwa ari iya nyuma muri iryo tsinda.
Ibenge usanzwe ari n’umutoza wa AS Vita Club, azaba yungirijwe na Mihayo Pamphile wahoze atoza TP Mazembe cyo kimwe na Daula Lopembe, nk’uko ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Congo Kinshasa (FECOFA) ryabitangaje.
Umukino ufungura CHAN 2021 uzahuza Caméroun na Zimbabwe, umukino uteganyijwe kuri Stade ya Ahmadou Ahidjo y’i Yaoundé ku wa 16 Mutarama.
U Rwanda ruri mu makipe y’ibihugu agomba kwitabira ririya rushanwa, nyuma yo kwakira iryo muri 2016 no kwitabira iryo muri 2018 ryari ryabereye mu gihugu cya Maroc.
Congo Kinshasa yo izatangira ririya rushanwa ikina na Congo-Brazza nyuma y’iminsi ibiri, wo ukazabera kuri Stade ya Japoma mbere yo gusoreza kuri Niger na Libya basangiye itsinda rya B.


