Abapolisi batanu ba Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishwe n’abitwaje intwaro mu gace ka Batwa Kadimba ho mu ntara ya Kasai.
Umuyobozi wa Teritwari ya Batwa Kadimba bariya bapolisi biciwemo, Franklin Pongo, yabwiye ikinyamakuru ActualitĂ© ko bariya bapolisi bishwe nyuma y’igitero inyeshyamba zari zifite intwaro ziremereye zabagabyeho.
Franklin Pongo yakomeje avuga ko inyeshyamba zivuganye bariya bapolisi zamaze kwigarurira agace ka Batwa Kadimba, nyuma yo kwirukana inzego zose z’ubuyobozi bwako.
Ingabo za Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo zamaze koherezwa muri kariya gace kugira ngo zisubizeho inzego za leta nk’uko Flanklin yakomeje abisobanura.
Ati: “Kuva ku wa Gatandatu [w’icyumweru gishize] twohereje abapolisi kugarura umutekano rusange, ariko bahageze bagabwaho igitero n’aba barwanyi bica abapolisi batanu. Twasabye kandi abasirikare bari i Kakenge n’abo muri Bakwakenge. Bari mu nzira berekeza muri kariya gace karimo umuyobozi mukuru w’inyeshyamba witwa Katende wakuyeho ubuyobozi bwa leta agashyiraho ubuyobozi bwe.”


