Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yagaragaje ko asa n’uwemera ko mu gihugu cye hari icyorezo cya COVID-19, asaba abanya-Tanzania amasengesho mashya mu rwego rwo kugihashya.
Magufuli yakunze kumvikana avuga ko icyorezo cya Coronavirus ari ibinyoma, ndetse rwagati mu mwaka wa 2020 yatangaje ku mugaragaro ko amasengesho yatumye Tanzania yigobotora kiriya cyorezo, bityo ko nta muturage n’umwe ugomba gukenera agapfukamunwa.
Magufuli muri Mutarama uyu mwaka ho yumvikanye avuga ko Tanzania itazigera itumiza inkingo za COVID-19, ngo kuko ari ‘mbi cyane’ ku buzima.
Cyakora cyo imfu za hato na hato zikomeje guhitana bamwe mu bayobozi bakomeye muri Tanzania na bamwe mu basirikare bakomeye bikitwa ko bishwe n’umusonga, zirasa n’izatumye Magufuli ava ku izima.
Abaheruka gupfa barimo Visi-Perezida wa Zanzibar, Seif Sharif Hamad wapfuye ku wa Gatatu w’iki cyumweru, nyuma y’uko ishyaka rye ritangaje ko yanduye COVID-19.
Undi wapfuye ku wa Gatatu ni Amb. John Kijazi wari Umunyamabanga Mukuru wa Leta ya Tanzania, ndetse n’abasirikare bakomeye n’abanyamategeko bapfuye mu minsi yashize.
Perezidansi ya Tanzania mu itangazo ribika Kijazi ntiyagaragaje icyamwishe, gusa Magufuli ubwo yari mu muhango wo kumushyingura yaciye amarenga y’uko yishwe na COVID-19 yise ‘Indwara y’ubuhumekero’.
Ati: “Ubwo iyi ndwara y’ubuhumekero yadukaga mu mwaka ushize, twaratsinze kuko twashyize Imana imbere hanyuma tukanafata izindi ngamba. Nzi neza ko tuzongera gutsinda nitwongera kubikora muri iki gihe.”
Magufuli yakomeje agira ati: “Izi ndwara zirimo n’iyi y’ubuhumekero, ziriho kandi zishe abantu benshi mu bihugu byinshi…Twese tuzapfa, byaba ku bw’iyi ndwara cyangwa Malaria cyangwa izindi. Mureke tugarukire Imana, birashoboka ko hari aho twakosheje.”
Cyakora cyo Magufuli yavuze ko nta bihe byo kuguma mu rugo azigera ashyiraho muri Tanzania, ahubwo ahamagarira abaturage gukomeza gusenga.
Ati: “Mureke tukomeze guhagarara twemye binyuze mu gushyira Imana imbere no gufata ingamba.”
Mu gihe agapfukamunwa kamaze igihe ari umuziro muri Tanzania, abenshi mu bari bagiye gushyingura Kijazi barimo na Jakaya Kikwete wayoboye Tanzania, bagaragaye baduha abantu nk’uko AFP yabitangaje.
Ku mihanda ya Tanzania n’ahandi hahurira abantu benshi na ho udupfukamunwa twatangiye gucuruzwa.
Tanzania iheruka gutanga amakuru ya COVID-19 muri icyo gihugu muri Mata uyu mwaka, ubwo Perezida Magufuli yatangazaga ko yakoze igenzura agasanga hari n’ibimera nk’amapapayi byanduye kiriya cyorezo.
Icyo gihe yashinje ikigo cya Tanzania cyapimaga COVID-19 kubeshya no gukabya, n’ubwo Ikigo Nyafurika gishinzwe kurinda indwara cyatangaje ko ibipimo byari byafatiwe muri Tanzania byari ukuri.
Kurikira ibiganiro n’ama Video binyura kuri Bwiza TV


