Goma: Abarwanyi batandatu ba M23 n’Abanyarwanda 42 batawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gifatanyije na Polisi ya kiriya gihugu, cyataye muri yombi abantu 175 babaga mu mujyi wa Goma mu buryo butemewe n’amategeko barimo abarwanyi batandatu bo mu mutwe wa M23 n’Abanyarwanda 42.

Aba bantu batawe muri yombi nyuma y’umukwabu inzego z’umutekano zakoreye mu gace ka Bujovu kari hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda.

Itabwa muri yombi ry’aba bantu ryemejwe na Lt Colcolonel Guillaume Njike Kaiko, Umuvugizi w’Ingabo za RDC ziri mu bikorwa byo guhashya imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Yabwiye ikinyamakuru Actualite.cd ko “Hari benshi batawe muri yombi, bose ni 175 barimo Abanyarwanda baba hano mu buryo butemewe. Ikindi twafashe batandatu bo muri M23 bari bihishe hano.”

Lt Col Kaiko yavuze ko inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri RDC zigomba guhita zohereza Abanyarwanda bafatiweyo mu gihugu cyabo.

Amakuru avuga ko nyuma y’uriya mukwabu wafatiwemo imbunda ndetse n’intwaro gakondo zitandukanye, i Goma hahise hatumizwa inama y’umutekano y’igitaraganya.

Abarwanyi batandatu ba M23 bafatiwe i Goma, mu gihe mu ntangiriro z’uku kwezi uyu mutwe wagabye ibitero ku bindiro bya FARDC biri mu duce twa Chanzu, Runyonyi na Mbiza muri Terirwari ya Rutshuru.

Icyo gihe abo barwanyi bari bafashe imidugudu itandukanye mbere y’uko FARDC ibasubiza inyuma.

Ku bwa FARDC, kuba Hari abarwanyi ba M23 bafatiwe i Goma birashoboka ko bari bagamije gutegura Igikorwa cy’iterabwoba.

Col Kaiko yunzemo ko abarwanyi bafashwe kuri ubu “bari mu maboko y’inzego z’ubutasi.”

Ni mu gihe umutekano i Goma wakajijwe kuva M23 yagaba igitero.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *