Umunyamategeko, Male Kiwanuka Mabirizi, yatawe muri yombi nyuma y’aho umucamanza, Musa Sekaana, asabye ko atabwa muri yombi agafungirwa muri gereza ya Kitalya amezi 18, akurikiranweho gusuzugura ubucamanza bw’igihugu. Mabirizi kuri ubu ufungiwe Jinja, ni we wari wareze Pasiteri Bugingo, amushinja kurenga ku mategeko agenga abashyingiranwe. Bugingo yamusabiye ku Mana avuga ko na we agiye guhura n’ibibazo. Mabirizi yari amaze iminsi ashakishwa nyuma y’aho impapuro zimuta muri yombi zishyiriwe hanze. Yabanje kwihisha, atangira na we gushaka ibirego ashyira ku mucamanza Musa Sekaana, avuga ko afite imitungo adashobora kwerekana aho yayikuye. Itabwa muri yombi rya Mabirizi ryemejwe n’Umuvugizi wa Polisi muri Kampala, Luke Owoyesigire, wavuze ko uyu mugabo yafatiwe ku marembo manini ya Kaminuza ya Kyambogo, agafungwa kugira ngo azagezwe mu butabera. Biteganyijwe ko uyu mugabo azagezwa imbere y’ubutabera mu minsi iri imbere. Mu minisi mike ishize, umucamanza Musa Sekaana wo mu rukiko rukuru i Kampala yari yatumijeho Mabirizi, amubaza niba adashobora kwemera gufungwa. Mabirizi yagiye mu bibazo kuva kuwa 27 Mutarama 2022 ubwo Musa Sekaana yategekaga ko yishyura miliyoni 300 z’amashilingi ku bwo gusuzugura ubucamanza mu magambo yari yavuze ku mbuga nkoranyambaga ku mucamanza, Philip Odoki.


