Kiyovu Sports yakuye amanota 3 i Musanze, ikomeza gukubana na APR FC yatsinze Gasogi United

Sangiza iyi nkuru

Amakipe ya Kiyovu Sports na APR FC yegukanye amanota atatu y’umunsi wa 20 wa shampiyona, akomeza guhanganira igikombe cya shampiyona.

Kiyovu Sports yari imaze imyaka irindwi idakura amanota atatu kuri Stade Ubworoherane, yari yahasuye ikipe ya Musanze FC iyihatsindira bigoranye ibitego 2-1.

Umunota wa karindwi w’umukino wari uhagije ngo iyi kipe y’umutoza Haringingo Francis ifungure amazamu ibifashijwemo na Mugenzi Bienvenue, ku mupira yari ahawe n’Umugande Emmanuel Arnold Okwi.

Musanze FC yashoboye kwishyura iki gitego ku munota wa 28 w’umukino ibifashijwemo n’umunya-Kenya Namanda Wafula, bituma amakipe yombi ajya kuruhuka anganya igitego 1-1.

Umurundi Bigirimana Abedi ni we wahesheje Kiyovu Sports intsinzi, nyuma yo kuyitsindira igitego cya kabiri kuri Penaliti cyakurikiye ikosa Okwi yari amaze gukorerwaho mu rubuga rw’amahina.

Kiyovu Sports iracyari iya kabiri by’agatetanyo n’amanota 44 inganya na APR FC ya mbere, gusa iyi kipe y’Ingabo z’igihugu izigamye ibitego 18 kuri 15 bya Kiyovu Sports.

APR FC yakomeje kugumana umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gasogi United yari yakiriye kuri Stade ya Kigali ibitego 2-0.

Igitego cyo ku munota wa 13 w’umukino cya Mugisha Gilbert ndetse n’icyo mu minota ya nyuma y’hmukino cya Ishimwe Anicet ni byo byafashije iyi kipe kwegukana amanota atatu mbere yo guhura na Mukura VS yo yatsinze Bugesera FC ibitego 2-0.

Indi mikino yabaye ni uwa Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego 1-0, na Gorilla FC yatsinze Gicumbi FC igitego 1-0.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *