20221006_061234.jpg

Amafoto:Perezida Kagame yatembereje mu rwuri rwe itsinda ry’abasenateri ba Amerika

Sangiza iyi nkuru

Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abasenateri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bayobowe Jim Inhofe, abatembereza urwuri rwe ruri ahitwa Kibugabuga mu Karere ka Bugusera.

Perezidansi mu butumwa buherekejwe n’amafoto yanyujije kuri Twitter, yatangaje ko iri tsinda ryari riyobowe na Senateri Jim Inhofe, aherekejwe na Senateri Mike Rounds na John Boozman ryanagiranye ibiganiro na Perezida Kagame.

Perezidansi iti “Uyu munsi i Kibugabuga, Perezida Kagame yakiriye mu rwuri rwe itsinda ry’abasenateri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iri tsinda ryari riyobowe na Sen Senateri Jim Inhofe, aherekejwe na Senateri Mike Rounds na John Boozman.”

Ubu butumwa bwakomeje bugira buti ” Uru ruzinduko nirwo rwa nyuma Senateri Inhofe agiriye mu Rwanda nk’umusenateri mbere yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru. Hahaganiriwe ku bigezweho mu karere, ku rwego mpuzamahanga n’umubano uri hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

20221006_061234.jpg

20221006_062559.jpg

20221006_062610.jpg

20221006_062619.jpg

Senateri Inhofe asanzwe ari inshuti y’ u Rwanda. Yavutse mu 1934, ni Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko muri Amerika uhagarariye Leta ya Oklahoma. Amaze imyaka igera kuri 50 muri politiki.

Amafoto: Village Urugwiro

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *