Ikipe ya APR FC biravugwa ko yaba yamaze gusezerera umunya-Maroc Mohammed Adil Erradi, nyuma y’imyaka itatu ari umutoza wayo mukuru.
Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo bivugwa ko uyu mugabo w’imyaka 44 y’amavuko yasezerewe n’iriya kipe y’Ingabo z’Igihugu; n’ubwo yo kugeza ubu ikomeje kubihakana.
APR FC mu butumwa yanyujije kuri Twitter isubiza umunyamakuru Rigoga Ruth wa RBA, yavuze ko “umutoza Adil Erradi aracyari umutoza wa APR FC, kuba ari mu bihano ntabwo bivuze ko yasezerewe cyangwa yatandukanye n’ikipe.”
APR FC cyakora cyo biri kunugwanugwa ko yasezereye uyu mutoza, nyuma y’icyumweru kimwe imuhaye ibihano by’imyitwarire byagombaga kumara ukwezi kumwe.
Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Adil yari yahagaritswe na APR FC kubera imyitwarire mibi. Byari nyuma y’ubwumvikane buke yagiranye na Manishimwe Djabel usanzwe ari Kapiteni w’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu; bikagera aho bombi bandagazanya.
Usibye Djabel byavugwaga ko umutoza Adil atanumvikana n’abandi bakinnyi biganjemo abakongwe; abashinja kumugambanira mu mikino imwe n’imwe. Aba barimo nk’umunyezamu Ishimwe Pierre, myugariro Niyigena ClĂ©ment, Omborenga Fitina, Ruboneka Jean Bosco n’abandi.
Hari amakuru kandi avuga ko uyu mugabo yari amaze igihe adacana uwaka na Mupenzi Eto’o ushinzwe kugurira APR FC abakinnyi, aba bakaba bapfaga kuba Eto’o yari asigaye amugurira abakinnyi badashoboye.
Mohammed Adil Erradi ni umutoza mukuru wa APR FC kuva muri 2019.
Mu myaka itatu amaze muri iyi kipe, yashoboye gutwarana na yo ibikombe bitatu bya shampiyona ndetse anayigeza ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro yatwawe na AS Kigali.
Adil cyakora mu myaka itatu yari amaze muri iyi kipe ntiyashoboye kuyirenza umutaru mu mikino nyafurika, nyamara ari yo ntego nyamukuru ubuyobozi bwari bwaramuhaye.
Kuri ubu amakuru avuga ko mu bashobora kumusimbura harimo umunya-BrĂ©sil Robertinho wigeze kugeza Rayon Sports muri ÂĽ cy’irangiza cya CAF Confederation Cup; ndetse akaba anaheruka kugeza Vipers yo muri Uganda atoza mu matsinda ya CAF Champions league.
Hari amakuru kandi avuga ko APR FC imaze iminsi mu biganiro n’undi mutoza ukomoka mu gihugu cy’u Bufaransa na we bivugwa ko ashobora kuza kuyitoza.


