Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga

Sangiza iyi nkuru

Biravugwa ko Umutwe wa M23 wigaruriye uduce twa Kabarozi na Bwiza twegereye Umujyi wa Kichanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nyuma y’uko M23 itangarije ko ihagaritse imirwano kuri uyu wa Gatanu, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, imirwano yongeye kubura mu gace ka Bwiza.

Amakuru ataremezwa n’impande bireba avuga ko inyeshyamba za FDLR zibarizwa muri Batayo ya Samaria zateye ibirindiro bya M23 biri ahitwa, Ruboga, Mutanda na Kishishe mu ma saa moya za mu gitondo.

Amakuru avuga ko ko ubu uduce twa Bwiza na Kabarozi twari ibirindiro bikomeye bya FDLR twaguye mu maboko ya M23.

Abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 batangiye gusatira inkengero z’umujyi wa Kitschanga.

Imirwano irakomeje mu gihe hasize iminsi 3 Abakuru b’Ibihugu bigize umuryango wa EAC bateraniye i Luanda muri Angola, aho basabye impande zishyamiranye guhagarika imirwano hagatangira inzira y’ibiganiro i Nairobi.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
    Bravo vidjana wetu tubarinyuma mubatsibure mpaka bemeye gushyikirana

  2. Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
    Bravo vidjana wetu tubarinyuma mubatsibure mpaka bemeye gushyikirana

  3. Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
    Asante M23.
    Piga aduyi mpaka alainike.
    Mwe murwamira ibyiza mugihe ababarwanya barwanira kwimakaza Sekibi.
    Imana iri kumwe namwe

  4. Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
    Asante M23.
    Piga aduyi mpaka alainike.
    Mwe murwamira ibyiza mugihe ababarwanya barwanira kwimakaza Sekibi.
    Imana iri kumwe namwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *