Biravugwa ko Umutwe wa M23 wigaruriye uduce twa Kabarozi na Bwiza twegereye Umujyi wa Kichanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nyuma y’uko M23 itangarije ko ihagaritse imirwano kuri uyu wa Gatanu, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, imirwano yongeye kubura mu gace ka Bwiza. Amakuru ataremezwa n’impande bireba avuga ko inyeshyamba za FDLR zibarizwa muri Batayo ya Samaria zateye ibirindiro bya M23 biri ahitwa, Ruboga, Mutanda na Kishishe mu ma saa moya za mu gitondo. Amakuru avuga ko ko ubu uduce twa Bwiza na Kabarozi twari ibirindiro bikomeye bya FDLR twaguye mu maboko ya M23. Abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 batangiye gusatira inkengero z’umujyi wa Kitschanga. Imirwano irakomeje mu gihe hasize iminsi 3 Abakuru b’Ibihugu bigize umuryango wa EAC bateraniye i Luanda muri Angola, aho basabye impande zishyamiranye guhagarika imirwano hagatangira inzira y’ibiganiro i Nairobi.



6 Responses
Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
ko bitoroshe! nugusenga cyanep!!!
Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
ko bitoroshe! nugusenga cyanep!!!
Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
Bravo vidjana wetu tubarinyuma mubatsibure mpaka bemeye gushyikirana
Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
Bravo vidjana wetu tubarinyuma mubatsibure mpaka bemeye gushyikirana
Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
Asante M23.
Piga aduyi mpaka alainike.
Mwe murwamira ibyiza mugihe ababarwanya barwanira kwimakaza Sekibi.
Imana iri kumwe namwe
Biravugwa ko M23 yafashe uduce tubiri twegereye Kitshanga
Asante M23.
Piga aduyi mpaka alainike.
Mwe murwamira ibyiza mugihe ababarwanya barwanira kwimakaza Sekibi.
Imana iri kumwe namwe