FBI irimo guhiga bukware intasi za Iran zishaka kwica abayobozi ba Amerika

Sangiza iyi nkuru

Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubugenzacyaha muri Amerika (FBI) kirimo guhiga intasi bivugwa ko ari intasi ya Iran cyizera ko ifite uruhare mu migambi yo kwica abayobozi ba guverinoma n’abahoze ari abayobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iki kigo kirashinja Majid Farahani w’imyaka 42 kuba yarateguye kwihorera ku Banyamerika kubera iyicwa ry’umujenerali wa Iran, Qasem Soleimani.

Soleimani, wari umuyobozi w’ingabo zidasanzwe za Iran zo mu mutwe wa Quds, yiciwe mu gitero cy’indege zitagira abapilote cya Amerika ubwo yari muri Irak muri Mutarama 2020.

FBI ivuga ko Farahani ari umukozi wa Minisiteri y’ubutasi ya Iran.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatanu, FBI yavuze ko ishaka Majid Dastjani Farahani ngo ahatwe ibibazo ku gushaka abantu ku giti cyabo bo gukoresha mu bikorwa byabo muri Amerika.

Abayobozi bavuga ko Farahani akora ingendo hagati ya Iran na Venezuela kandi yanashakishije abo akorana na bo mu “ibikorwa byo gutata byibanda ku madini, ubucuruzi, no ku bindi bigo” muri Amerika.

Mu Kuboza 2023, Farahani n’undi muntu uvugwa ko ari ashinzwe iperereza bari bafatiwe ibihano n’ikigega cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

BBC yavuganye n’abayobozi ba Irani i Washington na New York kugira ngo babitangeho ibisobanuro.

Abayobozi ba Iran bahize ko bazahorera iyicwa rya Soleimani, wagaragaraga nk’umuntu wa kabiri ukomeye muri Iran igihe yapfaga. Yiciwe ku kibuga cy’indege cya Bagdad hamwe n’abandi Banyayirani benshi bitegetswe na Perezida wa Amerika w’icyo gihe, Donald Trump.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *