Ku rutonde ruriho ibihugu 143, ibihugu 10 bya mbere byishimye kurusha ibindi ntibyahindutse cyane guhera mbere ya Covid.
Finland iracyaza imbere mu kugira abaturage bishimye, ikurikiwe na Denmark, kandi ibihugu bitanu byose byo mu burayi bwa ruguru ahazwi nka ‘Nordic countries’ biza mu 10 bya mbere kuri uru rutonde.
Ibihugu byo mu burasirazuba bw’Uburayi byarazamutse kuri uru rutonde, imwe mu mpamvu zatumye ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Ubudage bisubira inyuma kuri urwo rutonde.
1.Finland
2.Denmark
3.Iceland
4.Sweden
5.Israel
6.Netherlands
7.Norway
8.Luxembourg
9.Switzerland
10.Australia
Ibiza imbere muri Africa
66. Libya
83. South Africa
85. Algeria
89. Congo (Brazzaville)
90. Mozambique
95. Gabon
Ni mu gihe muri East Afurika Kenya yaje imbere.
114. Kenya
117. Uganda
131. Tanzania
139. Congo (Kinshasa)
Iyi raporo ikurura impaka kuri benshi bibaza ku byo itangaza iyo bagereranyije n’ibyo babona biri mu bihugu, nk’aho Ukraine yinjiye mu mwaka wa gatatu iri mu ntambara iza ku mwanya wa 105 ku isi, cyangwa Libya yashegeshwe n’intambara ari iya 66 kuri uru rutonde.
Ubusanzwe iyi raporo ikorwa n’ikigo Gallup ivuga ko ku migabane yindi y’isi, uretse i Burayi, ibyishimo byaragabanutse mu bantu bakuze (imyaka 50 kuzamura) ugereranyije no mu myaka 10 ishize, kugabanuka kunini kwabonetse muri Africa yo munsi ya Sahara.


