EAC:Kenya yaje imbere mu bihugu bifite abaturage bishimye kurusha abandi

Sangiza iyi nkuru

Ku rutonde ruriho ibihugu 143, ibihugu 10 bya mbere byishimye kurusha ibindi ntibyahindutse cyane guhera mbere ya Covid.

Finland iracyaza imbere mu kugira abaturage bishimye, ikurikiwe na Denmark, kandi ibihugu bitanu byose byo mu burayi bwa ruguru ahazwi nka ‘Nordic countries’ biza mu 10 bya mbere kuri uru rutonde.

Ibihugu byo mu burasirazuba bw’Uburayi byarazamutse kuri uru rutonde, imwe mu mpamvu zatumye ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Ubudage bisubira inyuma kuri urwo rutonde.

1.Finland
2.Denmark
3.Iceland
4.Sweden
5.Israel
6.Netherlands
7.Norway
8.Luxembourg
9.Switzerland
10.Australia

Ibiza imbere muri Africa
66. Libya

83. South Africa

85. Algeria

89. Congo (Brazzaville)

90. Mozambique

95. Gabon

Ni mu gihe muri East Afurika Kenya yaje imbere.

114. Kenya

117. Uganda

131. Tanzania

139. Congo (Kinshasa)

Iyi raporo ikurura impaka kuri benshi bibaza ku byo itangaza iyo bagereranyije n’ibyo babona biri mu bihugu, nk’aho Ukraine yinjiye mu mwaka wa gatatu iri mu ntambara iza ku mwanya wa 105 ku isi, cyangwa Libya yashegeshwe n’intambara ari iya 66 kuri uru rutonde.

Ubusanzwe iyi raporo ikorwa n’ikigo Gallup ivuga ko ku migabane yindi y’isi, uretse i Burayi, ibyishimo byaragabanutse mu bantu bakuze (imyaka 50 kuzamura) ugereranyije no mu myaka 10 ishize, kugabanuka kunini kwabonetse muri Africa yo munsi ya Sahara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *