Mu gitondo cyo kur wa kane tariki ya 2 Ukwakira 2025, inzego z’umutekano z’u Burundi zataye muri yombi Abarundi barenga icumi bari bamaze iminsi mike bahungutse bavuye mu Rwanda. Ibi byabereye mu Bugabira, Intara ya Kirundo.
Ubuyobozi bw’u Burundi buvuga ko aba bantu bakekwaho gukomeza kugirana imikoranire n’impunzi z’Abarundi zigicumbitse mu Rwanda.
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano kandi yemeza ko bashinjwa kugira aho bahuriye n’abandi baturage bataragaruka mu ngo zabo, bakekwaho kuba barinjiye mu mitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi.
Ibi bibaye mu gihe guverinoma ya Tanzaniya, ifatanyije n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR), ikomeje gushyira igitutu ku mpunzi z’Abarundi zahungiye muri icyo gihugu kugira ngo zitahuke mu gihugu cyabo.
Kugeza ubu, nta makuru arambuye yatangajwe ku miburanishirize y’aba bafashwe, ndetse imiryango mpuzamahanga yita ku burenganzira bwa muntu ntiragira icyo ibitangazaho.


