Minisiteri y’Ubuzima, Minisante, yatangaje ko kuri uyu wa 04 Mata mu Rwanda habonetse abantu bashya banduye icyorezo cya Virusi ya Corona 13, abanduye iki cyorezo bose bahita baba 102.
Minisante yavuze ko babiri mu bagaragaye uyu minsi baje mu Rwanda baturutse i Dubai, abandi babiri bahaza baturutse muri Turkiya, mu gihe icyenda bandi ari abahuriye mu Rwanda n’abari barwaye Coronavirus.
Abagaragayeho Coronavirus bahise bashyirwa mu kato, hanashakishwa abandi baba barahuye na bo.
Minisante yongeye kwibutsa Abanyarwanda ko bagomba kubahiriza amabwiriza yashyizweho, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona.


