Abarwayi ba mbere mu Rwanda bakize Marburg

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ubuzima ku wa Kane yatangaje ko hari abarwayi batanu mu bari barwaye indwara y’umuriro mwinshi iterwa na Virusi ya Marburg bamaze kuyikira.

Iyi Minisiteri yemeje aya makuru ubwo yatangazaga imibare ngarukamunsi y’uko iriya ndwara ihagaze mu Rwanda.

Batanu byatangaje ko bakize bari bamaze icyumweru kirenga bitabwaho n’abaganga.

Usibye aba bakize, imibare ya Minisiteri y’Ubuzima irerekana ko ku wa Kane tariki ya 3 Ukwakira nta muntu n’umwe iki cyorezo cyigeze kica, mu gihe umuntu umwe mushya ari we wasanzwemo ubwandu bwacyo.

Kuri ubu abarwayi 21 ni bo bakivurwa, mu gihe 11 muri 37 bamaze kwandura kiriya cyorezo bapfuye.

Mu Rwanda hamaze gupimwa abantu 1009 baketsweho indwara ya Marburg.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Abarwayi ba mbere mu Rwanda bakize Marburg
    Congratulations kubakize
    Kandi dushimire ministry of health kimbaraga irimo gukoresha

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *